Mohammed Adil Erradi byitezwe ko ahagarikwa na APR FC nyuma yo kwandagaza Djabel

Sangiza iyi nkuru

Umutoza Mohammed Adil Erradi w’Ikipe ya APR FC byitezwe ko nta gihindutse ashobora kuba ahagaritswe, nyuma yo kwibasira bikomeye abakinnyi barimo Manishimwe Djabel usanzwe ari Kapiteni w’iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ni nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu imaze igihe ititwara neza, ndetse n’imikino iri kugenda itsinda ikabona amanota atatu bigoranye cyane.

Urugero nka nyuma y’uko iyi kipe isezerewe na US Monastir yo muri Tunisia mu mikino ya CAF Champions, yatsinze Rwamagana City bigoranye ibitego 3-2, itsindwa na Bugesera FC ibitego 2-1 mbere y’uko nanone kuri uyu wa Mbere bisaba iminota ya nyuma y’umukino ngo itsinde Marines FC yari yayitendetseho ibitego 2-0.

Byasabye iminota ya nyuma y’umukino ngo Byiringiro Lague wari wagaruwe avuye mu bihano na Mugisha Bonheur ‘Casemiro’ batsindire APR FC ibitego bibiri byatumye yegukana amanota atatu y’umunsi wa gatanu wa shampiyona.

Uyu mukino wa Marines n’indi myinshi APR FC yagiye ikina kuva mu mpera z’umwaka w’imikino ushize, yose ntiyakunze kugaragaramo Kapiteni Manishimwe Djabel usa n’uwamaze kumenyera intebe y’abasimbura.

Umutoza Mohammed Adil n’ubwo bitari byarakunze gutangazwa mu ruhame, bivugwa ko yari yarabwiye uyu mugabo ko azasubirana umwanya we uhoraho mu gihe yaba yabanje gukosora ibibazo afite mu muryango we.

Ibintu byahinduye isura nyuma y’umukino wa Marines FC, ubwo uriya munya-Maroc yatangazaga ku mugaragaro ko Djabel nta Kapiteni umurimo; kuko amaze igihe atsindisha APR FC.

Yagize ati: “Djabel si Kapiteni wanjye ni uwa APR FC gusa. Umukinnyi ahamagarwa mu kipe y’igihugu inshuro eshatu ntahabwe n’iminota 20 yo gukina yarangiza akumva ari we kamara? Yinjiye kuri US Monastir asimbuye adutsindisha igitego, kuri Bugesera na bwo yaradutsindishije.”

Adil yakomeje agira ati: “Nta kamara y’umukinnyi wo kudasezerera US Monastir cyangwa ngo atange umusaruro mu kipe y’igihugu. Gusezererwa na APR FC byambereye nk’umuriro utazima.”

Djabel Manishimwe mu kiganiro na Radio1, yanenze cyane umutoza Adil ku kuba akomeje kumugerekaho amakosa; avuga ko ‘nta mugabo umurimo’.

Ati: “Iyo umuntu musangiye ibihe byiza n’ibihe bibi muba mukwiye kubisangira. Iyo ushatse kugereka ibintu kuri mugenzi wawe nta mugabo uba ukurimo. [Adil] Twagiye dusangira ibihe byinshi byiza ni umutoza mwiza njye ntacyo namunenga. Ni umukozi nk’uko nanjye ndi umukozi wa APR FC.”

Djabel yavuze ko atumva impamvu uriya mugabo amwibasira nyamara ari we mukinnyi wamutsindiye ibitego byinshi kurusha abandi muri Shampiyona mu myaka 3 ishize (18) akanatanga imipira myinshi yavuyemo ibitego (19).

Yunzemo ati: “Nagize uruhare mu bikombe 3 twatwaranye, natsinze Etoile Du Sahel, na Mogadishu City muri Champions League.”

Amakuru avuga ko mu rwego rwo gucubya uyu mwuka mubi byitezwe ko APR FC iza kuba ihagaritse Adil igihe kitaramenyekana.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Mohammed Adil Erradi byitezwe ko ahagarikwa na APR FC nyuma yo kwandagaza Djabel
    Ndumufana wa apr.ariko adiri nawe nta shobonse azikudusubiriza inyuma abakinnyigusa

  2. Mohammed Adil Erradi byitezwe ko ahagarikwa na APR FC nyuma yo kwandagaza Djabel
    Ndumufana wa apr.ariko adiri nawe nta shobonse azikudusubiriza inyuma abakinnyigusa

  3. Mohammed Adil Erradi byitezwe ko ahagarikwa na APR FC nyuma yo kwandagaza Djabel
    mu tubarize impamvu mubigo byamashuri guhinduza bigoye

  4. Mohammed Adil Erradi byitezwe ko ahagarikwa na APR FC nyuma yo kwandagaza Djabel
    mu tubarize impamvu mubigo byamashuri guhinduza bigoye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *