Imbere y’itangazamakuru i Butembo, kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Kanama 2022, Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Gen. Constant Ndima, yatangaje ku mugaragaro ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zivuye mu Mujyi wa Butembo uherutse kuberamo imyigaragambyo ikaze isaba izi ngabo kuva muri repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ati: “Ku bijyanye no kugenda kwa Monusco, twanyuze muri iki kibazo. Monusco yamaze kugenda. Ku bikoresho bikiri mu mujyi, tugiye guhurira i Goma hamwe n’abayobozi b’ubutumwa, kugirango turebe uko twabihakura. Hari hari ubwumvikane bubi ”.
Nyamara, kuri uyu wa Gatatu ubwo amakuru yo kuva i Butembo kw’izi ngabo yatangiraga gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, ubuyobozi bwa MONUSCO bwari bwabiteye utwatsi buvuga ari abasirikare bamwe bayo bimuriwe ahandi ariko butakuye ingabo muri uyu mujyi.
Nyuma, nk’uko tubikesha Mediacongo.net, ubuyobozi bw’intara bwahamagariye abaturage gutuza no kwifata, ariko kandi bakirinda kugira icyo bakora cyose gishobora guteza ibibazo nyuma y’imyigaragambyo iherutse guhitana abantu.
Iyi nkuru ikaba yibutsa ko Ingabo za Monusco zavuye mu Mujyi w’ubucuruzi wa Butembo, muri Kivu y’Amajyaruguru nyuma y’imyigaragambyo yaguyemo abantu benshi.


