MONUSCO yahakanye amakuru y’uko yatereranye FARDC mu rugamba rwo kurwanya M23

Sangiza iyi nkuru

Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo zahakanye amakuru avuga ko zatereranye iz’iki gihugu zikoreramo, FARDC, mu rugamba rwo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23.

Kuri uyu wa 29 Mata, umunyamakuru Justin Kabumba yatangaje ko ingabo za MONUSCO zanze gufasha FARDC mu mirwano yabereye mu gace ka Kinyamahura, zanga no gushyira umuriro muri telefone na radiyo zabo.

Yagize ati: “MONUSCO yanze kuza gufasha FARDC mu mirwano na M23 muri Kinyamahura, Jomba aho MONUSCO ifite ibirindiro bigari muri aka gace. Yangiye na Komanda w’ibitero gushyira umuriro muri telefone na Motorola.”

MONUSCO ku rubuga rwa Twitter yahise imusubiza iti: “MONUSCO ikomeza gufasha FARDC mu bikorwa byo kurwanya M23 muri Kivu y’Amajyaruguru. Ubu bufasha ni ubw’ibikoresho.”

Yakomeje iti: “Ibirindiro by’agateganyo bya Girogo bifasha abasirikare ba FARDC mu kubashyirira muri telefone umuriro. Ubu bufatanye buzakomeza.”

Imirwano hagati ya FARDC na M23 yubuye tariki ya 23 Mata mu gihe ibiganiro hagati ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro yemera kuzirambika byaberaga i Nairobi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *