MONUSCO yitandukanyije n’inkuru ivuga ko Colonel w’u Rwanda yafashwe

Sangiza iyi nkuru

Ibiro bya misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (MONUSCO) byitandukanyije n’igihuha kivuga ko hari Colonel w’u Rwanda witwa Ngendahimana uheruka gufatwa.

Bamwe mu Banyekongo bakoresha imbuga nkorananyambaga bamaze iminsi batangaza ko uyu musirikare yafatiwe n’itsinda ryirwanaho kuri hoteli yitwa Mont Songa muri Rutshuru.

Ni amakuru atarigeze avugwaho n’urwego urwo ari rwo rwose, haba na Leta ya RDC isanzwe ishinjwa ingabo z’u Rwanda gufasha M23, ariko akwirakwiye mu gihe iki gihugu cyo gisobanura kenshi ko ibi birego gishinjwa ari ibinyoma.

Hakwirakwiye andi makuru avuga ko MONUSCO iri gusaba ngo “abafashe” uyu musirikare kumurekura. Gusa yo yabihakanye, igaragaza ko ifatwa rye rihwihwiswa na yo iri kuryumva ityo.

MONUSCO yagize iti: “MONUSCO iranyomoza amakuru ari gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko iri kugira uruhare mu mishyikirano isaba ko ofisiye mukuru w’u Rwanda bivugwa ko yaba yarafatiwe muri RDC arekurwa. Aya makuru ni ibinyoma.”

Mu gihe umubano w’u Rwanda na RDC ukomeje kuzamba, ku mbuga nkoranyambaga hakomeza gukwirakwira amakuru avangavanze arebana n’ibihugu byombi, yiganjemo ibinyoma. Buri ruhande rusaba abenegihugu gufata iya mbere, bakayanyomoza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *