Monusco yongerewe igihe cyo kuguma muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Akanama k’amahoro n’umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kongereye igihe ibikorwa bya MONUSCO  muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe muri iki gihugu hakomeje kwitegurwa amatora y’umukuru w’igihugu ategerejweho gusezerera perezida Joseph Kabila.
Uyu mwanzuro wateguwe n’igihugu cy’u Bufaransa ukemezwa n’ibihugu byose, wongereye Monusco igihe kugeza muri Werurwe umwaka utaha wa 2019 kandi yongererwa inshingano zo kurinda abasivili no gufasha gutegura amatora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018.
Uhagarariye Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango w’Abibumbye, Ignace Gata Mavita akaba atishimiye iyi ngingo, avuga ko ko izi ngabo za Loni zikwiye mbere ya byose kurwanya imitwe yitwaje ibirwanisho zikabona kurinda abaturage no kugarura amahoro mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Ignace Mavita akaba yanasabye izi ngabo za Monusco kuva muri Congo kuko ngo zimaze imyaka hafi 20 ariko igihugu kikaba gikomeje kugaragaramo abavanwe mu byabo n’intambara basaga miliyoni 4 nk’uko byemezwa na Loni.
Umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye wo kuri uyu wa kabiri, itariki 27 Werurwe ukaba wemeje kugumisha muri Congo ingabo zawo zigera mu 16,215, indorerezi za gisirikare n’abakozi 660, n’abapolisi hafi 1450, kugeza muri Werurwe 2019.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *