Ishyirahamwe mpuzamahanga riharanira uburenganzira bwa muntu (Amnesty International) rivuga ko abatabara abantu muri Mozambique muri Werurwe, bihutiye gutabara imbwa n’abazungu bari muri hoteli, bagasigamo abirabura. Ubwo abyitiriraga Islam bagabaga ibitero muri Mozambique, abatabara bavanye abazungu n’imbwa ebyiri muri hoteli, bahasiga abirabura nk’uko abarokotse babitangaje. Uyoboye Amnesty International muri ako karere, Deprose Muchena yavuze ati: “Izi nkuru zirababaje kuko umugambi wo gutabara wari ushingiye ku ivangura ry’uruhu, aho abakozi b’abazungu bitaweho gusumbya abandi.” Amnesty ivuga ko yavugishije abarokotse 11 ku 220 bari muri iyo hoteli, harimo batanu bari bagiye kwicwa ubwo bageragezaga guhunga. Umwe mu barokotse yabwiye amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu ati: “Twari abantu nka 220 muri iyo hoteli. Abirabura twari benshi, abazungu bari nka 20. Nyuma yo gutabarwa, twasigaye turi nka 170, abazaungu bari bamaze gutwarwa na za kajugujugu mbere y’uko natwe tuhava hakoreshejwe imodoka.” Amnesty yasabye ko ibivugwa byakorwaho iperereza kuko ngo bibabaje kandi bikaba binyuranyije n’amategeko yo kurengera abasivili. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV Perezida Ndayishimiye yageze muri Uganda tariki ya 11 Gicurasi 2021 ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Museveni wabaye ku munsi wakurikiyeho.


