Musenyeri Osório Citora Afonso, wa Diyosezi ya Quelimane, yasanzwe yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, itariki ya 6 Kamena, aho yari atuye mu nzu y’abepisikopi i Quelimane. Uyu mwepiskopi yari yararashwe, isasu rimwe mu gatuza.
Umwe mu bagize ikigo cy’abamisiyonari ba Consolata, Musenyeri Citora yari umunyamabanga w’inama y’abepiskopi ya Mozambique, akaba n’Umwepiskopi wa Quelimane kuva muri Kanama 2025, kandi kuva muri Mata uyu mwaka, yari yarashyizweho na Papa Leo XIV nk’umuyobozi w’agateganyo wa Arikidiyosezi ya Beira.
Inkuru dukesha RFI ivuga ko ubwicanyi bwakozwe n’abagabo batamenyekanye bakoresheje imbunda yo mu bwoko bwa AKM (ikoreshwa mu kugaba ibitero).
Umuvugizi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza ku byaha (SERNIC), Maximino Amílcar, yatangaje ko iyicwa rya musenyeri wa Diyosezi ya Quelimane ririmo gukurikiranwa, nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru wa RFI wo mu ishami ry’Igiporutugali, Orfeu Lisboa.
Maximino Amílcar ati: “Twamenyeshejwe icyo cyaha mu gitondo cya kare: umubiri utarimo ubuzima wabonetse aho. Isasu ryakubise mu gatuza, ahari mu mutima. Iki ni cyo twashoboye kumenya mu iperereza ryacu rya mbere ryakorewe aho”.
SERNIC yavuze kandi ko abantu barenze uruzitiro rw’igipangu kugira ngo bagere aho musenyeri yari atuye.
“Bangije uruzitiro rw’amashanyarazi. Igitangaje, ntituzi niba rwakoraga, ariko tuzi ko rwari rumaze amezi abiri rudakora. Ibi byaborohereje, byerekana ko bari basanzwe bazi ko uruzitiro rumaze amezi abiri rudakora.”
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, mu ijambo rye, yatangaje yatewe akababaro gakomeye n’agahinda kubera Musenyeri Osório Citora Afonso, avuga ko ari igihombo gikomeye kuri sosiyete ya Mozambike muri rusange, ndetse no ku muryango w’abakristu by’umwihariko.
June 7, 2026
Your email address will not be published. Required fields are marked *
Comment *
Name *
Email *
Website
Save my name, email, and website in this browser for the next time I comment.
Δ