Mu minsi itarenze ijana Minisitiri mushya w’Umutekano ngo araba ashyize iherezo ku ntambara ya FARDC na M23

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Umutekano mushya muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo yahize ko mu gihe kitarenze amezi atatu gusa aribube arangije Intambara yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Uyu Minisitiri Hon Guy Kabombo yavuze ko bijyanye n’icyizere yagiriwe cyizatuma ashyira ibintu ku murongo abanyekongo bakongera kugira amahoro.

Yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru i Kinshasa ubwo yari kumwe n’uwo yasimbuye kuri uyu mwanya, Jean Pierre Bemba Gombo.

Yavuze ko mu gihe yagizwe minisitiri w’umutekano n’uw’ingabo z’iki gihugu cya RDC, azakora ibishoboka byose agahagarika intarambara ihanganishije Ingabo za FARDC n’abarwanyi ba m23.

Yagize ati: “Ndabizeza neza ko mu minsi itarenze ijana Abanyakongo bazaba batangiye kubona impinduka. Muzanshimira kandi muzanyurwa nibyo nzaba nakoze.”

Hashize icyumweru Perezida Tshisekedi akoze Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri bagera kuri 52. Ibi yabikoze afatanije na minisitiri w’intebe w’iki gihugu.

Gusa abasesenguzi mu bya Politiki, bavuga ko ibi uyu mu Minisitiri avuga ari amavamuhira bitewe n’uko abaza bose ariko bavuga uhereye no ku mukuru w’Igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *