Umunyarwanda Mugisha Moïse ukinira ikipe y’amagare ya ProTouch Racing Team yo muri Afurika y’Epfo, yegukanye agace gasoza irushanwa rya Tour du Rwanda, akoresha amasaha 2, iminota 8 n’amasegonda 15.
Mugisha wigaragarije cyane ku musozi muremure wa Rebero, ni we Munyarwanda wa mbere wegukanye agace k’iri rushanwa ryatangiye tariki ya 19 Gashyantare 2022.

Aka gace kareshyaga n’ibilometero 75.3 kazengurukaga umujyi wa Kigali, aho kavaga kuri Canal Olympia i Rebero, ari naho karangiriye.

Ku rutonde rusange, umunya-Eritrea, Natnael Tesfazion ukinira Drone Hopper Androni ni we waje ku mwanya wa mbere (yegukanye irushanwa). Manizabayo Eric uzwi nka Karadiyo, ku mwanya wa 9, ni we Munyarwanda waje hafi.




