5e8548f3-d25e-4ccc-abfe-154aaa533176-860x645

Muhanga: Umusore w’imyaka 22 akurikiranweho kwica umuntu amutemye

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umusore w’imyaka 22 y’amavuko wishe umugabo w’imyaka 24 amutemesheje umuhoro.

Icyaha akurikiranyweho yagikoze ku itariki ya 22 Ukuboza mu Mudugudu wa Gisizi, akagari ka Kirwa, umurenge wa Kayenzi, mu Karere ka Kamonyi nk’uko Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga.

Mu ibazwa, uregwa yemeye icyaha; avuga ko kuri uwo munsi, yagiye aho acururiza (Boutique) ahasanga abagabo batatu barimo gutongana, yababaza ibyo bapfa nyakwigendera akamukubita inkoni ku kaguru, nawe agahita yinjira aho acururiza agafata umuhoro akamutema mu musaya no mu mutwe agahita apfa.  Asobanura ko ibyo yakoze yabikoze abitewe na kamere yamuzamukanye ubwo nyakwigendera yamukubitaga inkoni, kandi ko yabikoreshejwe n’amadayimoni.

Icyaha akurikiranyweho cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *