Muhanga: Urukiko rwasabiye igihano uwashatse kwica umugore we bikamupfubana

Sangiza iyi nkuru

Mu mpera z’icyumweru gishize Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 umugabo ukekwaho gushaka kwica umugore we ariko u mugambi we ukaba waraburijwemo n’abaturanyi ubwo abana bavugije induru batabariza nyina.

Uyu mugabo w’imyaka 41 kuri ubu afungiye muri station ya polisi ya Nyamabuye, akaba akekwaho kuba ku itariki ya 31/5/2021, ubwo yari ari mu Mudugudu wa Karora, Akagali ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka, Akarere ka Kamonyi, Intara y’Amajyepfo, yarashatse kwica umugore we wavutse mu 1989 babana mu buryo butemewe n’amategeko, banafitanye abana.

Bivugwa ko uregwa yatashye saa mbiri z’ijoro (20h00’), ashakisha umuhoro mu nzu yabo, abwira umugore we ko ari bumwice kuko amuca inyuma akajya gusambana, nibwo uregwa yabuze umuhoro ahita afata igitiyo cyari mu nzu, agikubitisha umugore we mu mutwe, mu mugongo, ndetse amukubita ingumi zo mu maso, amuruma ku gutwi kw’ibumoso kwenda kuvaho.

Nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, abana b’uregwa n’umugore we babonye uregwa arimo ashakisha umuhoro ngo yice nyina, barawuhisha, nibwo uregwa yabuze uko abigenza yifashisha igitiyo, agihondagura umugore we ashaka kumwica, ariko ntiyabigeraho kuko abana bavugije induru bafatanyije na nyina, abaturanyi baratabara, baburizamo umugambi w’ukekwa.

Aramutse ahamwe n’icyaha akurikiranyweho cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi, uregwa yahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 25, giteganywa n’ingingo za 21 & 107 z’Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *