Muri 2017 hishwe abanyamakuru 65 mu gihe hafunzwe 326 – RSF

Sangiza iyi nkuru

Mu mwaka wa 2017 abanyamakuru 65 hirya no hino ku isi barishwe, abagera kuri 326 ubu barafunze, mu gihe abagera kuri 54 bashimuswe nk’uko byemezwa n’imibare Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF) yashyize ahhagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Ukuboza 2017.

Iyi mibare ya RSF y’ihohoterwa abanyamakuru bagiye bakorerwa mu 2017 igaragaza ko abanyamakuru 65 bishwe; bari mu kazi nko kwicwa n’ibisasu bya bombe byatewe aho babaga bakorera cyangwa bakicwa bazira amaperereza babaga barimo ku nkuru babaga bategura.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Iyi mibare nubwo igiteye impungenge, ngo uyu mwaka wa 2017 ku rundi ruhande niwo wishwemo abanyamakuru bakeya mu myaka 14 ishize. Kuva mu 2012 ngo imibare muri rusange ikaba igenda igabanyuka.

Bamwe muri aba banyamakuru bishwe n’abo mu bihugu byugarijwe n’umutekano mukeya nka Syria, Yemen cyangwa Libya. Uyu muryango ukaba ukomeza uvuga ko kuva mu 2006 hari imyanzuro myinshi igamije kurinda abanyamakuru yatowe muri Loni ndetse hakaba harashyizweho ingamba zitandukanye z’umutekano mu bitangazamakuru byinshi.

Uku kugabanyuka kw’imibare y’abanyamakauru bishwe bazira akazi kabo ariko ngo ntikureba abagore b’abanyamakuru kuko umubare wabo wishwe wo warushijeho kuzamuka ukikuba kabiri mu mwaka umwe. Abanyamakurukazi 10 bakaba barishwe mu gihe mu mwaka ushize wa 2016 hishwe batanu. Aba bakaba bari bahuriye ku kuba ari abanyamakuru bakora inkuru zicukumbuye bivugwa ko nubwo bashyirwagaho iterabwoba bakomeje gukora ubucukumbuzi bakagaragaza ibibazo bya ruswa, gufata ku ngufu gukabije cyangwa icuruzwa ry’ibiyobyabwenge nk’uko byakorwaga n’abanyamakuru nka Daphne caruana Galizia muri Malte, gauri Lankesh mu Buhinde, cyangwa Miroslava Breach Velducea muri Mexique.

Ikindi cyagaragaye muri uyu mwaka wa 2017 mu bijyanye n’uburenganzira n’ubwisanzure by’itangazamakuru, nuko ngo mu bihugu bimwe birimo amahoro naho habaye ahantu habi ku banyamakuru nk’ahantu hari intambara. 46% by’abanyamakuru bishwe ngo bakaba ari abo mu bihugu bitarimo amakimbirane avugwa, mu gihe bari 30% mu 2016.

Igihugu cya Mexique kikaba cyariciwemo abanyamakuru benshi (11) kurusha muri Syria, bivugwa ko ari cyo gihugu cya mbere kibasira abanyamakuru, aho abagera kuri 12 bamaze kwicwa.

Nk’uko RSF ikomeza ibigaragaza, kuwa 01 Ukuboza 2017, abanyamakuru 326 babarizwaga inyuma y’amaferabeto bazira umwuga wabo. Kimwe no ku bishwe, ngo umubare w’abanyamakuru bafunzwe ukaba udakabije cyane muri uyu mwaka.

Nubwo hari ibigenda bihinduka, ibihugu bimwe bigaragaramo umubare udasanzwe w’abanyamakuru bafungwa nko mu Burusiya no muri Maroc. Ni mu gihe hafi kimwe cya kabiri cy’abanyamakuru bafunzwe bakomeje kugaragara mu bihugu bitanu. Ibihugu by’u Bushinwa na Turkiya akaba ari byo bikomeje gufata umwanya wa mbere mu kuba gereza nkuru z’abanyamakuru ku isi, aho bikurikirwa na Syria, Iran na Vietnam.

Naho abanyamakuru 54 kuri ubu bari mu maboko y’imitwe yitwaje ibirwanisho itandukanye yabagize imbohe nka Islamic State cyangwa Aba-Houthis bo muri Yemen. Hafi ¾ by’izi mbohe ngo bakaba ari abanyamakuru bo muri ibi bihugu bikoreramo iyo mitwe, mu gihe abanyamakuru b’abanyamahanga bagizwe imbohe biganje muri Syria hatazwi ahantu hanyaho bafungiwe.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *