20260521_084614

Muri RDC hashinzwe ihuriro ryo kwitambika Tshisekedi ngo adahindura Itegeko Nshinga

Sangiza iyi nkuru

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imiryango ya sosiyete sivile, bashinze ihuriro ryiswe ‘Coalition Article 64’ rigamije kwitambika Perezida Félix Antoine Tshisekedi ngo adahindura Itegeko Nshinga.

Iri huriro ryatangajwe ku mugaragaro ku wa 19 Gicurasi 2026. Ryashinzwe hagendewe ku ngingo ya 64 y’Itegeko Nshinga rya RDC ivuga ko “abaturage bafite inshingano zo kurwanya umuntu cyangwa itsinda ryashaka gufata cyangwa gukoresha ubutegetsi mu buryo bunyuranyije n’Itegeko Nshinga”.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi bamushinja kuba afite umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo hakurweho zimwe mu mbogamizi zikumira Perezida uriho kongera kwiyamamaza nyuma ya manda ebyiri ziteganywa n’itegeko.

Bavuga kandi ko ubutegetsi bushaka kongera ububasha bwa Perezida no gukomeza kugenzura inzego zikomeye z’igihugu.

Nyuma y’ishingwa rya Coalition article 64, ihuriro rya politiki ‘Sauvons la RDC’ riyobowe na Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa RDC, ryatangaje ko rishyigikiye ririya huriro ryise “inzira ya nyuma yo gukiza igihugu.”

Sauvons la RDC yavuze ko ubutegetsi bwa Tshisekedi buri gushaka guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo Perezida uriho ashobore gukomeza kuyobora igihugu nyuma ya manda ye izarangira mu 2028, ndetse abe yanemererwa manda ya gatatu ikurikiranye.

Iryo huriro kandi ryavuze ko ikibazo cya RDC kidashingiye gusa ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga, ahubwo ko igihugu cyugarijwe n’ibibazo birimo igitugu, akarengane n’imiyoborere mibi.

Ryahamagariye by’umwihariko abanye-Congo guhaguruka bagashyira hamwe mu rugamba rwo “guhagarika burundu igitugu n’umugambi uwo ari wo wose wo kugumana ubutegetsi.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *