Kuri uyu wa Kane, italiki 28 Mata 2022 Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwasomye urubanza rw’abantu 5 bari bakurikiranweho icyaha cyo kwica umusore w’imyaka 21 bakamuta mu musarani, babiri mu baregwa bahanishwa igifungo cya burundu, umwe ahanishwa igifungo cy’umwaka, abandi babiri bagirwa abere. Abahamwe n’icyaha kandi baciwe n’indishyi zingana na miliyoni 18.
Nk’uko byagaragajwe n’Ubushinjacyaha, ku italiki ya 13/08/2021 umusore witwa HABIMANA Gad wari umaze igihe gito arangije amashuli yisumbuye, yahamagawe n’umwe muri aba baregwa kuri telefoni amubwira ko yamuboneye LAPTOP yo kugura mu Murenge wa Kagogo, mu Karere ka Burera hafi ya Centre ya Kidaho.
Iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga ko Habimana Gad yahise ahaguruka mu Karere ka Musanze yerekeza aho uwamuhagaye aherereye ariko kuva icyo gihe ngo ntiyongera kuboneka.
Ngo ababyeyi bamubuze, batanze ikirego kuri RIB hatangira iperereza. Ku italiki ya 16/08/2021 nibwo haje kuboneka umwe mu bakekwa kwica uyu musore afite telephone ya nyakwigendera aje gukurishamo password ku muntu ukora amatelefoni muri centre ya Kidaho. Akimara gufatwa yasobanuye uburyo yishe HABIMANA Gad ndetse avuga n’abo bafatanyije.
Ubushinjacyaha bushingiye ku ngingo ya 62 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange bwari bwabasabiye ibihano bitandukanye harimo n’igifungo cya burundu.


