Museveni ntiyemeranya na Banki y’Isi yashyize Uganda mu bihugu 16 bikennye

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, ntiyemeranya na Banki y’Isi iherutse gushyira Uganda ku rutonde rw’ibihugu 16 bifite abaturage bakennye cyane ku Isi.

Iyi raporo yakorewe ku bihugu 195 yasohotse nyuma y’iminsi mike Leta itangaje ko Uganda yamaze kwinjira ku rutonde rw’ibihugu byifashije (middle income) ivuye mu bikennye (low income).

Raporo kuri iri terambere yatangajwe na Dr Chris Mukiza uyobora ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu cyumweru gishize, ivuga ko byibuze umuturage umwe wa Uganda yinjije amadolari 1.046 ku mwaka (GDP per capita) mu mwaka w’ingengo y’imari w’2021/2022.

Ibi byari bisobanuye ko iki gihugu koko cyamaze kwinjira mu bihugu byifashije, kuko Banki y’Isi isobanura ko kuba igihugu cyajya kuri uru rutonde bisaba ko byibuze umuturage ku mpuzandengo (average) yaba yinjia amadolari 1.036 ku mwaka.

Ariko raporo ya Banki y’Isi yo yerekanye ko mu mwaka w’2021, Uganda yari ikiri mu bihugu bikennye kuko umuturage wayo yinjizaga amadolari 840 ku mwaka. Yashyize iki gihugu muri 16 bya mbere bikennye.

Iyi banki kandi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 17 mu bihugu bikennye, igaragaza ko umuturage warwo yinjizaga amadolari 850 ku mwaka. U Burundi bwashyizwe ku mwanya wa 1 muri ibi bihugu na GDP per capita y’amadolari 240, RDC ku mwanya wa 8 n’amadolari 580.

Kenya iri ku mwanya w’151 mu bihugu 172 byifashije, ikagira GDP per capita y’amadolari 2.010, Tanzania na yo ikaza ku mwanya w’170, umuturage wayo akaba yinjiza amadolari 1.40 ku mwaka.

Museveni ntabyemera

Nk’uko ikinyamakuru The East African cyabitangaje, Museveni yavuze ko azi neza ko Uganda iri mu bihugu byifashije, hashingiwe ku mpuzandengo, umuturage wayo akaba yinjiza amadolari 1.046 ku mwaka. Yagaragaje ko atumva aho Banki y’Isi ikura amakuru ishingiraho ikora raporo.

Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ati: “Ubukungu buri kwiyongera. Undi munsi nagiye impaka, nibaza niba turi mu bihugu byifashije cyangwa tutabirimo. Twongeye kubyemeza. Sinzi aho Banki y’Isi ikura aya makuru. Ariko amakuru yo mu gihugu cyacu yerekana ko GDP per capita ari 1.046, bivuze ko kiri mu byifashije. Tugomba kuhaguma mu myaka irenga itatu cyangwa tukazamuka kugira ngo byemezwe.”

Mu ijambo yagejeje ku baturage mu mpera za Kamena 2022, Museveni ni we watangaje ku mugaragaro ko Uganda yamaze kwinjira ku rutonde rw’ibihugu byifashije.

Imyaka iratandukanye

Asubiza ku kunyuranya kugaragara hagati ya Leta ya Uganda na Banki y’Isi ku rwego rw’ubukungu igihugu kiriho, Dr Chris Mukiza yasobanuye ko impamvu ari uko izi raporo zombi zishingiye ku myaka y’ingengo y’imari itandukanye.

Dr Mukiza yagize ati: “Ibihe byashingiyeho muri izi raporo zombi biratandukanye. Raporo ya Leta yashingiye ku mwaka w’ingengo y’imari w’2021/2021, iya Banki y’Isi yo yashingiye ku w’2020/2021. Ni yo mpamvu imyinjirize y’umuturage muri izi raporo itandukanye. Raporo ya Leta ya Uganda ni iya vuba cyane.”

Hashingiwe ku makuru ya raporo zombi, by’umwihariko ibisobanuro bya Dr Mukiza, bigaragara ko imyinjirize y’umuturage wa Uganda ku mwaka yiyongereyeho amadolari 206.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Museveni ntiyemeranya na Banki y’Isi yashyize Uganda mu bihugu 16 bikennye
    Ngo Tanzania ngo ni angahe?

  2. Museveni ntiyemeranya na Banki y’Isi yashyize Uganda mu bihugu 16 bikennye
    Ngo Tanzania ngo ni angahe?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *