Museveni yaciriye umuhungu we umurongo ntarengwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagaragaje ko yaciriye umuhungu we General Muhoozi Kainerugaba umurongo ntarengwa ku ikoreshwa ry’urubuga rwa Twitter.

Ni nyuma y’ubutumwa Kainerugaba wabaye Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka aherutse gutangariza kuri uru rubuga avuga ko we n’ingabo ze bafata umurwa mukuru wa Kenya, Nairobi, muu gihe kitageze ku byumweru bibiri.

Ubu butumwa Gen. Kainerugaba yatangaje tariki ya 3 Ukwakira 2022 bwagiraga buti: “Ntabwo byadutwara, igisirikare cyanjye nanjye, ibyumweru bibiri kugira ngo dufate Nairobi.”

Perezida Museveni mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Sophia Wanuna wa KTN News kuri uyu wa 16 Ukwakira 2022, yibukijwe ubu butumwa, asubiza ko hari ibyo umuhungu we atacyemerewe gutangaza n’ibyo yemerewe gutangaza.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: “Iyo aba atangaza tweets kuri siporo, ibintu bitagibwaho impaka, nta kibazo cyari kubamo. Ariko ntagomba kuvuga ku bindi bihugu cyangwa kuri politiki ya Uganda. Ntabwo azabikora.”

Ubu butumwa bwatumye Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda yisegura kuri Kenya, isobanura ko umubano w’ibihugu byombi udashingiye ku butumwa butambuka ku mbuga nkoranyambaga, ndetse bwakuriye ikurwa rya Kainerugaba ku mwanya w’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka.

Gen. Kainerugaba na we ubwe aherutse gusaba imbabazi Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, agira ati: “Nta kibazo nagiranye na Afande Ruto. Niba narakoze ikosa, ndamusaba imbabazi nka murumuna we. Imana ihe umugisha Afurika y’iburasirazuba!”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *