Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yakiriye ubutumwa bwihariye yagenewe na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta.
Ni ubutumwa Museveni yashyikirijwe ku wa Gatanu i Nakasero na Amb. Monica Juma usanzwe ari umunyamabanga wa Leta ya Kenya muri Minisiteri y’Ingabo, wari uherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen Jeje Odongo.
Izindi ntumwa za Kenya zari zihari zirimo Amb. Raychelle Omamo usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta ya Kenya muri Minisiteri y’iki gihugu y’Ububanyi n’Amahanga.
Ntihagangajwe ibikubiye muri ubu butumwa bwa Perezida Kenyatta, gusa Amb. Monica Juma yashyikirije Museveni indamukanyo ya Perezida Kenyatta n’abaturage ba Kenya, anamusaba kuramutsa abanya-Uganda.
Ni ubutumwa Perezida Kenyatta yashyikirije mugenzi we mu gihe mu minsi yashize Museveni yashinjwe kwivanga muri Politiki ya Kenya, kubera imihuro yagiye agirana na Dr William Ruto usanzwe ari Visi-Perezida wa kiriya gihugu wagiriye ingendo zitandukanye muri Kenya nta ruhushya yahawe na leta y’igihugu cye.


