Museveni yagize Amama Mbabazi wahoze ari Minisitiri w’Intebe intumwa ye idasanzwe

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yagize uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, John Patrick Amama Mbabazi, Intumwa ye idasanzwe muri Sudani y’Epfo no muri Ethiopia.

Amakuru yihariye avuga kuri izi nshingano nshya agera kuri Daily Monitor avuga ko Perezida Museveni mu kwezi gushize yahaye amabwiriza Umunyamabanga we mukuru wihariye, Dr Kenneth Omona, gufatanya n’Ibiro bya Komisiyo ya Perezida ishinzwe imirimo ya leta (PSC), kugirango batunganye akazi gashya ka Mbabazi.

Ku itariki ya 29 Nzeri, Dr Omona yanditse mu izina ry’umukuru w’igihugu aha amabwiriza Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Perezida, Hajj Yunus Kakande, ngo arangize iki kibazo afatanyije na PSC.

Muri iyo baruwa kandi, Hajj Kakande, utitabye telefoni n’ubutumwa bugufi, yasabwe kuvugana na PSC kugira ngo barangize gahunda kandi bakemure ibibazo, birimo n’ikijyanye n’umushahara wa buri kwezi wa Mbabazi.

Ku ya 18 Nzeri 2014, Perezida Museveni yirukanye Mbabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe nyuma y’igihe basa nk’abarwanira ubutegetsi. Nyuma Perezida Museveni yavuze ko yirukanye Mbabazi kubera ko yari yarinjiye muri “politiki y’amacakubiri”.

Abakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuze ko Perezida Museveni atishimiye ko Amama Mbabazi yateye akajisho kuri perezidansi.

Mu nama ya komite nyobozi y’ishyaka NRM yabereye i Namboole mu 2015, Mbabazi yakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka asimburwa na Justin Kasule Lumumba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *