Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yahakanye amakuru avuga ko ari gutegura umuhungu we, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba kugira ngo azamusimbure ku butegetsi, yibutsa ko yavukiye muri Tanzania.
Museveni yabivugiye mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru wa BBC, Alan Kasujja, cyerekeye gahunda afitiye Uganda muri iki gihe no mu gihe kiri imbere.
Yamubajije ati: “Lt Gen. Muhoozi, umuhungu wawe, Komanda w’ingabo zirwanira ku butaka yageze mu Rwanda kandi yagize uruhare mu gukemura ibibazo byari hagati ya Uganda n’u Rwanda. Namubonye asura Perezida wa Misiri na Kenya. Yaragaragaye cyane. Ndibaza, yaba ari gushaka kuyobora igihugu? Ni ayahe mabwiriza uri kumuha?”
Museveni yasubije Kasujja ko umuhungu we adashaka kuba Perezida, amusobanurira ko yavutse mu bihe bibi, ndetse amugaragariza isano afitanye n’akarere. Ati: “Oya, Muhoozi yavukiye mu bihe bibi. Ni umwe muri ba kadogo ba mbere, abana bakiri bato b’impinduramatwara. Afitanye isano n’ibihe bibi. Ni byiza kuri we kubikoresha ku bwa Uganda. Yavukiye muri Tanzania, aba muri Kenya, atorezwa mu Misiri.”
Umunyamakuru yamubajije niba kubera izi mpamvu, yaba yifuza niba umuhungu we yayobora Uganda, abihakana. Yasobanuye ko atari ikibazo kuba Abanyamisiri bahamagara Lt Gen. Kainerugaba ngo abasure nk’umuntu wabaye umunyeshuri wabo.
Kasujja yakomeje kumuhatiriza, amubaza niba ari gutegura Lt Gen. Kainerugaba ngo azamusimbure, Museveni asubiza ko uzamusimbura azava mu ishyaka riri ku butegetsi, NRM.
Yagize ati: “Nabura gutegura NRM, ngategura umuntu! Ntegura NRM ndetse n’igisirikare. Bazamenya uzatuyobora ubwo igihe kizaba kigeze.”
Museveni yibukijwe ko hari ubwo yigeze kuvuga ko iyo arebye, abona nta bantu bafite ubushobozi bwo kumusimbura, abazwa niba n’ubu ari ko akibibona. Yasubije ati: “Ntabwo navuze ko NRM yabuze abayobozi. Nsanzwe mvuga ko bahari kandi bazaturuka muri NRM.


