Perezida wa Repubulika ya Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Yoweri Museveni, yategetse ingabo z’iki gihugu ziri mu bikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo byahawe izina rya ‘Operation Shujaa’, kuba zibihagaritse.
Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, umujyanama mu bikorwa byihariye bya gisirikare akaba n’umuhungu we, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yabyemeje.
Gen. Kainerugaba mu butumwa yatambukije kuri Twitter kuri uyu wa 15 Kamena 2022, yatangaje ko Perezida Museveni yasabye izi ngabo kuba zigumye mu birindiro byazo.
Yagize ati: “Perezida Museveni yantegetse n’izindi ngabo kuguma mu birindiro byacu biri muri RDC. Tugomba guhita tubikora! Nta ngendo ingabo zemerewe gukora muri Operation Shujaa kugeza hatanzwe irindi bwiriza!”
Gen. Kainerugaba yatangaje kandi ko ategereje ijambo rya nyuma rya Uhuru Kenyatta, Perezida wa Repubulika ya Kenya unayoboye umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC. Ati: “Ikirenzeho, dutegereje ijambo rya nyuma rya Chairman Uhuru.”
Perezida Uhuru muri iri jambo ryasohotse mu ijoro, yasabye imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa RDC yose kurambika intwaro, abagize ikomoka mu mahanga bagataha iwabo.
Uyu Mukuru wa EAC yanatangaje ku mugaragaro ko ahaye ingabo z’ibihugu bigize uyu muryango uburenganzira bwo gutangira kujya kurwanya imitwe yanze kurambika intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri.
Mbere y’uko izi ngabo zijya muri RDC, abakuru bazo bazabanza bateranire i Nairobi muri Kenya tariki ya 19 Kamena 2022, bashyire mu bikorwa icyemezo cya Perezida Uhuru.
Mu gihe Uganda ishinjwa gufasha M23
Perezida Museveni afashe iki cyemezo mu gihe bamwe mu Banyekongo bakomeje gushinja ingabo za Uganda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 gufata umujyi wa Bunagana uhuza ibihugu byombi tariki ya 13 Kamena 2022.
Byatumye abadepite mu nteko ishinga amategeko ya RDC baterana, Perezida wabo, Christophe Mboso Nkodia asaba guverinoma guhagarika amasezerano yagiranye na Uganda, asobanura ko Gen. Kainerugaba yagiranye n’u Rwanda amasezerano yo gufasha M23, bityo ngo ni umugambanyi.
Kuri iki kirego na Leta y’u Rwanda ihakana, Gen. Kainerugaba yasubije Mboso n’abandi badepite bamushinja ubugambanyi ko ataba ari umwanzi w’Abanyekongo ngo afate iya mbere mu kurwanya ADF yari ikomeje kubica.
Mu butumwa bwo kuri uyu wa 15 Kamena, uyu musirikare yagize ati: “Numvise bamwe mu nteko ishinga amategeko ya RDC bavuga ngo ‘Muhoozi ni umwanzi wa Congo’. Njyewe? ‘Umwanzi’ wa RDC utabara abaturage muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri kugira ngo batabagwa na ADF muri ‘Le Triangle de la mort’?”
Ntabwo bizwi niba iki cyemezo cya Museveni cyatewe n’ubusabe bw’aba badepite cyangwa niba ari mu rwego rwo gutegereza ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cya Perezida Uhuru.


