Mwiseneza Josiane, umwe mu bakobwa 37 bari guhatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2019, akomeje kwerekana imbaraga zidasanzwe, yanikira abandi bakobwa 36 mu gutorwa ku mbuga nkoranyambaga zose z’iri rushanwa, aho abatora banyuza amajwi yabo.
Nyuma y’itariki 30 Ukuboza 2018, abakobwa bose 37 batomboye nimero zizajya zibaranga muri iri rushanwa, ari nabwo gutora byahise bitangira ku mugaragaro. Kugeza ubu uburyo buri kwifashishwa hatorwa ba nyampinga ni ugutora binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda, bagakunda (Like) ifoto bashatse y’umukobwa uhatanye.
Kuva gutora byafungurwa kugeza ubu, hashize iminsi ine(4) gusa Mwiseneza akomeje kwanikira abandi bakobwa ku buryo bukabije, nk’uko amajwi abigaragaza, ifoto ya Mwiseneza Josiane uhagarariye Intara y’Uburangerazuba niyo imaze gutorwa cyane ugereranyije n’abandi bahanganye.
Mwiseneza ufite nimero 30, kuri Instagram ifoto ye imaze gukundwa n’abantu basaga ibihumbi 20, mu gihe umukurikiye ari uwitwa Umutoni Deborah ufite ifoto yakunzwe n’abasaga ibihumbi 16. Mu gihe kuri Facebook nabwo Mwiseneza yanikiriye abo bahanganye ku buryo bugaragara, kuko afite amajwi asaga ibihumbi bitanu, Umutoni Deborah afite amajwi atagera ku 1000, abandi babakurikira bakaba bari kuza muri magana.


Mwiseneza Josiane yavuzwe cyane ubwo yajyaga guhatana mu karere ka Rubavu, akagera ahabereye igikorwa k’ijonjora ibyuya byamurenze bitewe n’urugendo yari yakoze n’amaguru ndetse afite n’igikomere ku ino.
Umukobwa uzaba yatowe kurusha abandi azahita akatisha itike imujyana mu mwiherero uzakorwa n’abakobwa 20, bazamenyekana ku wa 5 Mutarama 2019.


Â


