Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt. Gen. Mubarakh Muganga avuga ko iyi kipe inyuzwe n’ibyo umutoza wayo Mohammed Adil Erradi amaze kuyigezaho, ku buryo n’iyo ngo yaba yigisha gusa ariko ntatoze ariko intsinzi ikaboneka byaba bihagije.
Gen. Muganga yabisubije itangazamakuru nyuma y’umukino w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League APR FC yari imaze kunganyamo na Etoile du Sahel yo muri Tunisia, kuri sitade mpuzamhanga ya Kigali kuri uyu wa 16 Ukwakira 2021.
Yari abajijwe ku byangombwa uyu mutoza yahawe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi (UEFA), byamwambuye amahirwe yo gutoza iyi kipe muri iri jonjora.
Uyu musirikare yasobanuye ko iki kibazo atari Adil gusa ugifite, n’abarimo umutoza Simba SC n’uwa FAR Rabat bafite, ikibura kikaba ari uko impuzamashyirahamwe nyafurika, CAF, itarabihuza. Ati: “Kuba rero batarabihuza ntabwo byambura umutoza impapuro afite. Izo afite twe twumva zihagije nka APR.”
Kuba ibyangombwa bya Adil bitarahuzwa n’ibya CAF ariko akaba yarafashije APR FC gutwara ibikombe bya shampiyona ebyiri idatsinzwe ngo birahagije. Gen. Muganga avuga ko n’iyo yaba nta cyangombwa na kimwe afite, ikipe yamugumana. Ati: “N’iyo yaba adafite na gake, namugumana kurusha kugumana ufite impapuro.”
Kuba APR FC iri gutozwa n’umutoza wa kabiri mu gihe hari kuba iri jonjora, Gen. Muganga avuga ko ntacyo bitwaye kuko inama aba yatanze zitanga umusaruro. Ati: “Kugeza ubu n’iyo yajya yigisha ariko ntatoze, icyo dukeneye ni intsinzi, abandi noneho bagatoza umukino w’intsinzi dushaka…”



4 Responses
N’iyo yajya yigisha ariko ntatoze, icyo dukeneye ni intsinzi_Gen. Muganga ku mutoza Adil
Adil bajye kwoga abonné certificate za Afrique kuko APR nitsindwa ntacyo muzamubaza kuko ntatoza najye kwiga bigire inzira thx
N’iyo yajya yigisha ariko ntatoze, icyo dukeneye ni intsinzi_Gen. Muganga ku mutoza Adil
Adil bajye kwoga abonné certificate za Afrique kuko APR nitsindwa ntacyo muzamubaza kuko ntatoza najye kwiga bigire inzira thx
N’iyo yajya yigisha ariko ntatoze, icyo dukeneye ni intsinzi_Gen. Muganga ku mutoza Adil
Thank you so much
N’iyo yajya yigisha ariko ntatoze, icyo dukeneye ni intsinzi_Gen. Muganga ku mutoza Adil
Thank you so much