N’ubwo Arsenal itatwaye igikombe ngo izahora itinyitse kurusha Leicester City

Sangiza iyi nkuru

Lauren (Laureano Bisan) wahoze ari myugariro muri Arsenal yashimye uburyo Leicester City yitwaye muri Premier League ariko agashimangira ko Arsenal ifite ubudahangarwa kuyirusha by’umwihariko ko mu mikino 49 yose yakinnye nta n’umwe yigeze itsindwa uhereye 2004-2005, ko ariyo yari imbere y’izindi.
kkk
Mu ijoro ryo ku wa mbere tariki ya 2 Gicurasi, nibwo hemejwe ko Leicester ariyo yegukanye igikombe cya Premier Champion itsinze Chelsea ibitego 2, yari yakuyemo Tottenham kuri Stade Stamford Bridge, ibintu byatumye Lauren yitwaza imvune bari bafite akaba ahamya ko iyo zitahaba kiriya gikombe cyagombaga gutwarwa na Arsenal.
Lauren aganira n’ikinyamakuru Goal, yagize ati:” Ni ibihe bigwi bifatika wavuga ko Leicester izwi ho? mu ntangiriro y’iri rushanwa ntawateganyaga ko ishobora kugera kuri ibi yagezeho, kugirango ikipe igere ku rwego runaka hashingirwa ku buryo yakinnye, ubufatanye n’ ubwumvikane birangwa na buri umwe mu ikipe” .
Yakomeje agira ati: “ Ni ibintu nabo batiyumvisha niba bazi gukina neza”.
Yasoje avuga ko Arsene Wenger afite byinshi yizigamye birenze ibizwi ku mateka ya Claudio Ranieri wa Leicester.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Murego Anatty/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *