Ndayishimiye avuga ko Abarundi bahaye Yesu amazi yo kunywa

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavuze ko mu bihe bya kera, bahaye Yesu amazi yo kunywa mu gihe yari mu buhungiro mu Misiri.

Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje ubwo yasozaga igiterane mpuzamadini cyateguwe n’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, mu rwego rwo kugaragaza ko u Burundi ari igihugu gifite umugisha, kikaba umugisha no ku bindi.

Perezida Ndayishimiye abona u Burundi ari igihugu gitemba amata n’ubuki, kikaba umutima wa Afurika. Ati: “Nsanga buvomera Isi yose. Si u Burundi buvomerwa n’ibihugu byo ku Isi; ni u Burundi buvomera ibihugu byo ku Isi yose. None umutima ntutanga amaraso mu mubiri wose?”

Yakomeje asobanura uko Abisirayeli nka ba Aburahamu na Yesu banyoye aya mazi. Ati: “Iyo murimo mureba neza u Burundi, umutima wa Afurika, ku mutwe hariya haruguru, isoko ya mbere iva hariya hirya mu Rutovu, rikagenda ryiyegeranya, Rubyiro, Ruvubu kugeza mu Misiri. Nimwumve rero u Burundi bwohereje amazi n’Abisirayeli bose bayanyoyeho, Aburahamu yayanyoheho, Yakobo yayanyoyeho, Yesu yayanyoyeho.”

Ashingiye kuri ibi, Perezida Ndayishimiye yasabye Abarundi bitabiriye iki giterane kwikomera amashyi, na bo barabikora.

Agaruka kuri Yesu, uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko ubwo yari yarahungiye mu Misiri (Egypt), Abarundi bamuhaye amazi yo kunywa. Ati: “Ngo nari nshonje, murangaburira, nari kavantara murantora, nari mfite inyota, mumpa utwo kunywa. Yesu yari impunzi mu Misiri hanyuma Abarundi twamuhaye utwo anywa.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *