Kuri uyu wa Mbere ushize, umuntu witwaje imbunda yateye inyubako irimo ibiro by’ibigo bitandukanye i Manhattan mu Mujyi wa New York, ahitana umupolisi n’abasivili nibura batatu.
Igipolisi cya New York (NYPD) cyatangaje kuri X ko uwarashe na we yapfuye kandi aho byabereye harinzwe.
Polisi yavuze ko uwarashe yapfuye azize igikomere cy’isasu yirashe kandi ko abayobozi bataramenya impamvu. Umugabo wa gatandatu nawe yakomeretse bikabije.
Uwarashe yibasiye inyubako ndende irimo bimwe mu bigo bikomeye by’imari mu gihugu, birimo igihangange Blackstone, ikigo cy’ubugenzuzi cya KPMG, hamwe n’icyicaro gikuru cy’Ishyirahamwe ry’Igihugu rya Football (NFL).


