Minisiteri y’Ubuzima ya New Zealand kuri uyu wa 9 Ukuboza 2021 yatangaje ko mu mwaka utaha Leta izemeza itegeko ribuza abavutse mu 2008 na nyuma yaho kugura itabi, mu rwego kuribacaho mu buzima bwabo bwose.
Umushinga w’iri tegeko watekerejweho bitewe n’abana batoya benshi banywa itabi muri iki gihugu, ahazaza habo hagatera impungenge bitewe n’ingaruka rigira ku buzima nko kuba intandaro ya kanseri n’indwara z’ibihaha.
Uwishimiye iri tegeko yavuze ati: “Ndatekereza ari intambwe nziza kubera ko ubu hari abana benshi ubona mu nzira, bafite itabi mu kanwa. Abantu baribaza aho aba bana bakura itabi. Ni byiza kuri njyewe noneho kubera ko byanamfasha kuzigama amafaranga.”
Muganga Prof. Janet Hook wigisha muri Kaminuza ya Otago, na we ari mu bishimiye iki cyemezo kuko ngo cyagabanya ibihungabanya ubuzima bw’ababyiruka. Ati: “Bizafasha abantu bacika cyangwa bagabanye gukoresha ibibangiriza, binatume abana baba imbata ya nicotine (ikinyabutabire kiba mu itabi) bagabanyuka.”
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ayesha Verall mu nkuru dukesha BBC, yatangaje ko Guverinoma itifuza kubona umwana anywa itabi. Ati: “Turashaka ko nta bana bongera kunywa itabi.”
Guverinoma ya New Zealand ifite intego y’uko umwaka w’2025 wazagera byibuze abanywa itabi batarenze 5%. Mu kugana kuri iyi ntego, yafashe icyemezo cyo kugabanya amaguriro y’itabi, akava ku 8000 ariho ubu, akagera kuri 500.
Byumvikane ko mu gihe iri tegeko rishya ryazubahirizwa 100%, iki gihugu cyazagera aho kidafite umuntu n’umwe utanywa itabi mu gihe kirekire kiri imbere. Gusa abasesengura bavuga ko bidashoboka, kuko bishobora kuzatuma haduka amasoko yaryo yo mu bwihisho.


