Ni iki Olivier Nduhungirehe avuga ku rupfu rwa Gen. Mudacumura wayoboraga FDLR?

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi ‘Amahanga, Olivier Nduhungirehe yavuze uko yakiriye inkuru y’urupfu rwa Lt. Gen. Sylivestre Mudacumura wayoboraga FDLR.

Mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, Amb. Nduhungirehe yavuze ko ari inkuru nziza ku mutekano n’amahoro by’akarere.

” Urupfu rwa Sylivestre Mudacumura ni inkuru nziza ku mutekano n’amahoro by’akarere.” Amb. Nduhungirehe.

Mu ijoro ry’uyu wa kabiri, tariki ya 17 Nzeri 2019, ni bwo Gen. Mudacumura w’imyaka 65 y’amavuko yishwe arashwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu gace ka Bwito gaherereye muri Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *