Nick Minaj yatunguye isi ubwo yatangazaga umusore bari murukundo muri iyi minsi -Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Umuraperikazi Nicki Minaj ubarizwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yatunguye benshi mu bamukurikira umunsi kumunsi mu mpande z’isi avuga k’urukundo yaba afitanye numuraperi Eminem.

Uyu muhanzi ugezweho mu ndirimbo ‘Chun-Li’ yavuze ibi biturutse ku gitekerezo cyanditswe n’umwe mu bafana be ku mashusho yari yashize kuri Instagram, amubaza niba ibihuha bivugwa ko ari gukundana na Eminem byaba ari ukuri, Yamusubije atazuyaje ati “Yego”.

Byavugishije benshi mu bamukurikira ndetse bihita bitangira gusakara ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye no mu binyamakuru byandika ibigezweho mu myidagaduro hirya no hino.

TMZ cyo cyatangaje ko amwe mu makuru gikesha inshuti za hafi z’uyu muhanzi yemeza ko ibi yabikoze atebya, zashimangiye ko nta rukundo Nicki Minaj afitanye na Eminem nubwo nyir’ubwite ataragira icyo abivugaho.

Abandi babonye ibyatangajwe na Nicki Minaj nk’ubuyo bwo kwigarurira ‘internet’ cyane ko ku wa Gatanu, ibinyamakuru byinshi bikomeye byahise bitangira kwandika kuri urwo rukundo rwe na Eminem bigatuma avugwa bidasanzwe no ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu muhanzi amaze iminsi asohoye ibihangano bishya birimo indirimbo nka ‘Barbie Tingz,’ ‘MotorSport,’ n’iyitwa ‘Chun-Li’ ikunzwe.

Nicki Minaj watunguranye akavuga ko yatangiye gukundana na Eminem, mu 2017 nibwo yatandukanye na Meek Mill bari bamaranye imyaka ibiri mu buryohe. Nyuma y’icyo gihe nta musore bizwi ko bakundanye nubwo yavuzweho kugirana umubano wihariye n’umuraperi Nas.

Uyu muhanzikazi uri mu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ubwo yahishuraga umubano afitanye n’umuraperi Nas, abinyujije ku rubuga rwa Instagram, yashyizeho ifoto yabo basohokanye ayiherekeza amagambo yo kumushimira mu buryo buterura, ati “Abami bonyine nibo bamenya Abamikazi.”

Nyuma yakomeje no kugenda yandika andi magambo ashushanya urukundo hagati yabo ariko hashize igihe aracogora iby’urukundo rwabo birazima kugeza magingo aya.

Nicki Minaj w’imyaka 35 wamamaye mu ndirimbo nka High School,Pills N Potions,Your Love nizindi, akunzwe kuvugwaho gusimburanya abakunzi kuko yaherukwaga kuvugwa ho inkur y’urukundo na mbere yaho atandukanye na Meek Mill, Safaree Samuels akundanye na Eminem nyuma y’uko uyu muraperi yatandukanye n’umugore we mu myaka 10 ishize.

eminem nicki minaj logo 5

nick
Yagiye akanyuzaho nabasore batandukanye ubu hatahiwe Eminem
nick2
Nick Minaj na Mick Mill bakanyujijeho
nicki minaj 1
Uyu mukobwa afite imiterere ikundwa nabenshi

nickk

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *