Nigeria: Igitero muri Kiliziya Gaturika cyahitanye byibuze abantu 50 bari mu misa

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, abantu bitwaje imbunda bateye kiliziya gatolika mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Nigeria, bahitana byibuze abantu 50 barimo abagore n’abana, nk’uko byatangajwe n’umuganga w’ibitaro ndetse n’ibitangazamakuru.

Umuvugizi wa polisi muri Leta ya Ondo, Funmilayo Ibukun Odunlami, yatangaje ko abantu bitwaje imbunda barashe ku bantu hanze no mu kiliziya, bica kandi bakomeretsa abasengaga.

Ntiyavuze umubare w’abantu bishwe cyangwa bakomeretse kuri kiliziya Gatolika ya St Francis mu mujyi wa Owo ariko yongeyeho ko abapolisi barimo gukora iperereza ku cyateye icyo gitero.

Guverineri wa Leta ya Ondo, Arakunrin Oluwarotimi Akeredolu, wasuye ahabereye icyo gitero ndetse n’abantu bakomeretse mu bitaro, yavuze ko ibyabaye ku cyumweru ari “ubwicanyi bukomeye” butagomba kwemererwa kongera kubaho nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Imyirondoro y’abagabye iki gitero ndetse n’impamvu yagiteye ntabwo byahise bisobanuka.

Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika muri Nigeria, Reverend Augustin Ikwu yagize ati: “Birababaje cyane ko mu gihe Misa ntagatifu yari ikomeje, abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bateye Kiliziya Gatolika ya St Francis … basiga benshi hatinywa ko bapfa abandi benshi barakomereka kandi Kiliziya iravogerwa”.

Ikwu yavuze ko musenyeri n’abapadiri bo muri paruwasi barokotse icyo gitero nta nkomyi.

Umuganga wo mu bitaro bya Owo yabwiye Reuters ko byibuze imirambo 50 yazanywe mu bitaro bibiri byo muri uyu mujyi biciwe muri icyo gitero. Uyu muganga wanze ko izina rye ritangazwa kubera ko atemerewe kuvugana n’abanyamakuru, yavuze kandi ko hakenewe gutangwa amaraso kugira ngo bavure abakomeretse.

Perezida Muhammadu Buhari yamaganye icyo gitero, avuga ko ari “amahano”, naho Vatikani ikavuga ko Papa Fransisiko asengera abahohotewe.

Nigeria irwanya inyeshyamba z’Abayisilamu mu majyaruguru y’uburasirazuba n’udutsiko twitwaje intwaro tugaba ibitero tukanashimuta abantu kubw’ingurane, cyane cyane mu majyaruguru y’uburengerazuba.

Mu majyepfo y’iburengerazuba, ibitero nk’ibi biba gacye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *