Nigeria: Perezida Buhari yagabanyirije imyaka abashaka kujya biyamamariza kuyobora

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Nigeria yatangaje ko igiye guha amahirwe urubyiruko rushaka kwiyamamariza kuyobora aho imyaka yagenderwagaho umuntu yagombaga kuba atarengeje izagabanywa kugira ngo bibone mu mapiganwa ari benshi bakiri bato.

Ibi ni ibyatangajwe na perezida wa kiriya gihugu Muhamadu Buhari, ubwo hizihizwaga umunsi mukuru w’ukwishyira ukizana kw’abaturage.

Yagize ati”Hagiye gutorwa itegeko rigabanya imyaka yagenderwagaho mu kwiyamamariza kuyobora mu bijyanye na politiki, kuko mu myaka iri imbere nshaka ko urubyiruko ari rwo rugomba kuba rwiganje mu myanya y’ubuyobozi. Mu minsi iri imbere ndaba nkorana n’urubyiruko, batari bato cyane mu myaka ku buryo batayobora.”

Uyu mushinga watowe mu myaka 2 yashize, ukaba waremejwe na 2/3 by’abagize Inteko ishinga amategeko, bityo igisigaye kikaba ari ugutangira kurishira mu bikorwa.

Iri tegeko rivuga ko imyaka y’uwiyamamarizaga kuyobora igihugu izava kuri 40 ikagera kuri 35, naho abasenateri na ba Guverineri imyaka ikava kuri 35 ikaba 30 mu gihe abo mu nteko rusange bazaba batarengeje imyaka 25.

Intego nyamukuru y’izi mpinduka, ngo ni uguha amahirwe urubyiruko kuko umubare munini w’abanyagihugu bari munsi y’imyaka 30, ibi ngo bikaba bizabafasha gukorera ubuvugizi bagenzi babo kuko muri bo harimo ibibazo byinshi bibugarije.

Ni mu gihe perezida Buhari w’imyaka 75 ateganya kongera kwiyamamariza indi manda y’imyaka 4 mu matora ataha ateganyijwe mu kwezi kwa Gashyantare umwaka utaha  wa 2019.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *