Nigeria: Umugore w’umunyamategeko yivuganye umugabo we arangije amukata igitsina

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rukuru rwa Igbosere muri Nigeria ruri kuburanisha umunyamategeko w’umugore Udeme Otike-Odibi ukurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umugabo na we wari umunyamategeko yarangiza akamukata ubugabo.

Uyu mugore w’imyaka 48 ashinjwa kuba yariyiciye umugabo, Symphorosa Otike-Odibi mu kwezi kwa Gatanu uyu mwaka akaba ahakana ariko ubushinjacyaha bukavuga ko ibimenyetso bimufata.

Ingingo ya 165 mu gitabo cy’amategeko ahana muri kiriya gihugu igena igifungo guhera ku myaka 5 ku muntu wishe mugenzi we naho ingingo ya 223 yo ikagena igihano cy’urupfu ku wishe urw’agashinyaguro mugenzi we.

Urukiko ntirutangaza icyo aba banyamategeko bombo baba barapfuye ariko rukemeza ko hari ibimenyetso simusiga byerekana ko uyu mugore ari we wabikoze nta n’umufashije, ngo bakaba bari bamaranye imyaka 3 gusa bashakanye

Bitewe no kuba izi ngingo uko ari 2 zireba uyu mugore, byabaye ngombwa ko urubanza rusubikwa kugeza mu kwezi kwa Munani kugirango babanze bige kuri izi ngingo n’icyaha uyu mugore yakoze.

Uyu mugore Otike-Odib na we yari asanzwe ari umucamanza ukorera mu gace ka Delta akaba ari ku nshuro ya mbere umugore w’umunyamategeko ashinjwe icyaha nk’iki cy’ubwicanyi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *