Nigeria yasubitse amatora ya Perezida umunsi yagombaga kuberaho ugeze

Sangiza iyi nkuru

Akanama gashinzwe amatora muri Nigeria katangaje ko aya Perezida n’ay’abagize inteko Nshingamategeko yari ateganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Gashyantare 2019, yasubitsweho icyumweru.

Aka kanama katangaje ibi habura amasaha atanu gusa ngo aya matora atangire.

Ukuriye aka kanama Mahmood Yakubu, yagize ati”Gukora amatora nkuko byari biteganyijwe ntabwo bigikunze”.

 

Bwana Yakubu yavuze ko icyemezo gikomeye cyo kuyasubika cyagombaga gufatwa kugira ngo hazabe amatora arimo ubwisanzure kandi akozwe mu mucyo.

Nk’uko BBC ibitangaza, yavuze ko aya matora ya perezida n’ay’abagize inteko Nshingamategeko, yimuriwe ku wa Gatandatu ku itariki ya 23 y’uku kwezi kwa kabiri.

Amatora y’abakuru b’Intara, Inteko Nshingamategeko zo muri za Leta zigize iki gihugu ndetse n’ay’abagize inama njyanama zo muri izi Leta, yo yimuriwe ku wa Gatandatu ku itariki ya 9 Werurwe 2019.

Atangaza icyo cyemezo cyo gusubika amatora, Bwana Yakubu yavuze ko cyafashwe nyuma yo “gusuzumana ubushishozi” ibijyanye na “Gahunda y’imigendekere” y’amatora.

Yongeyeho ko hari “Umuhate wo gukora amatora mu bwisanzure, aboneye kandi yo kwizerwa”.

Aya matora yasubitswe nyuma y’inama y’igitaraganya yabereye ku cyicaro cy’aka kanama mu murwa mukuru Abuja.

Amashyaka abiri ya politiki y’ingenzi yo muri iki gihugu, iriri ku butegetsi rya All Progressives Congress n’iritavuga rumwe n’ubutegetsi rya People’s Democratic Party yahise yamaganira kure iri subikwa, ashinjanya ko buri rimwe muri yo rishaka gukora uburiganya mu matora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *