Umunyakenya uririmba indirimbo zihimbaza Imana uzwi nka Ringtone amaze iminsi uvugwa cyane bitewe no kuba ashaka kwiyegurira umutima wa Zari Hassan Tlale wahoze ari umugore wa Diamond, kuri ubu yamaze gutangaza ko atacika intege kugeza yegukanye uyu mugore.
Ibi uyu muririmbyi yabitangaje nyuma yaho Zari yanze kwakira impano y’imodoka yari yagenewe n’uyu muhanzi ubwo yari yerekeje muri Kenya mu birori byitwa “Purple concert”
Nyuma y’ibi byose havuzwe byinshi ahanini bigaruka kuri Ringtone uvuga ko ntagahunda afite yo gucika intege kugeza yegukanye Zari umugore w’abana batanu.
Ringtone yatangarije Kenyan Daily ko azakora igishoboka cyose kugira ngo agere ku cyo yiyemeje.
Ati”Abacika intege vuba ntibatsinda, sinzacika intege sinzareka zari nzakomeza kugeza mwegukanye”
Ringtone akomeje kwereka Zari ko ariwe mugabo yari ategereje kuva yatandukana na Diamond.Gusa,imigambi ye ishobora kuba irmo kirogoya nyuma yaho Zari atangaje ko atazi uwo Ringtone wirirwa avuga ko yamukunze bitavugwa.
Dore bimwe mu biteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi



