Nord Kivu: Amakamyo 40 yari atwaye ibyo kurya bivuye Beni yahagaritswe

Sangiza iyi nkuru

Amakamyo mirongo ine y’ibicuruzwa biva ku butaka bwa Beni amaze ibyumweru bitatu ahagaritswe i Kanyabayonga, bitewe n’imirwano ikomeje kuba hagati y’inyeshyamba za M23 na FARDC.

Amakuru avuga ko bidashoboka ko aya makamyo ajya i Kiwanja, Goma n’ibindi bice byo mu majyepfo y’intara ya Kivu y’amajyaruguru kubera Intambara.

Aya makamyo ngo yari atwaye imbaho ​​n’inkwi, amavuta, n’ibindi bitandukanye.Umwe mu bashoferi witwa Eric Bahati Kasanga yabwiye radio okapi ko kwambuka bajya mu bice byavuzwe byabananiye.

Ati: “Twageze hano dushaka kwambuka kugira ngo dukomeze urugendo rwacu, abasirikare baratubuza none ibyumweru bitatu birashize kuva imirwano yatangira muri kano gace, turacyahari ”

Kugeza ubu imirwano iracyakomeje hagati y’ihuriro rya FARDC na M23 mu duce dutandukanye twa Kivu y’Amajyaruguru. Agace ka Kanyabayonga kari muri utwo duce turikuberamo isibaniro y’urugamba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *