Nta mpozamarira ku miryango ya 32 bapfiriye mu myigaragambyo_Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2020 yatsembeye imiryango y’abantu 32 muri 54 bapfiriye mu myigaragambyo yamaganaga itabwa muri yombi rya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), avuga ko atazayiha impozamarira.

Uyu Mukuru w’Igihugu mu ijambo yagezaga ku Bagande mu masaha y’umugoroba, yaje gukomoza ku kibazo cy’umutekano, agihuza n’iyi myigaragambyo ikomeye yamaze iminsi itatu muri Uganda.

Yavuze ko raporo yamugezeho, igaragaza ko abantu 54 ari bo bapfiriye muri iyi myigaragambyo, yise “urujijo”. Ngo byagaragaye ko abantu 32 bapfuye bari mu bakoraga imyigaragambyo, bamwe muri bo bishwe n’amasasu.

Perezida Museveni yihanganishije imiryango yabuze abayo, ati: “Ndihanganisha Abagande baburiye ababo muri iyi myigaragambyo idafite gahunda. Leta izaha impozamarira ab’ababuze ubuzima n’ibyabo.”

Ni ho yageze avuga ko imiryango y’aba bapfuye bakora imyigaragambyo, itazabona kuri iyi mpozamarira. Ati: “Ariko ntabwo tuzaha impozamarira abapfuye bakora imyigaragambyo, nta mpamvu.”

Perezida Museveni yavuze ko ubwo Bobi Wine yatabwaga muri yombi, abaturage batagombaga gukora imyigaragambyo, bityo ngo bagombaga gutegereza ko agezwa mu rukiko. Ati: “Ubwo Hon. Kyagulanyi yafungwaga, abayoboke be bagombaga gutegereza ko agezwa mu rukiko nk’uko byagenze.”

Yihanangirije abafite imyumvire ko Bobi Wine atagomba gukorwaho kuko ari umunyapolitiki, bakabishingiraho bigaragambya.

Imyigaragambyo yatangiye tariki ya 18 Ugushyingo ubwo Bobi Wine yatabwaga muri yombi azira kudakurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, irangira tariki ya 20 Ugushyingo ubwo yafungurwaga, akagezwa mu Rukiko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *