Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yasobanuriye abaturarwanda ko ari ngombwa ko buri wese yikingiza icyorezo cya Covid-19 mu rwego rwo kurinda abandi.
Uyu muyobozi yasubizaga ku bibaza impamvu kwikingiza iki cyorezo bisa n’ibihinduka itegeko, kandi bivugwa ko iki gikorwa umuntu agikora ku bushake, yaba atagishaka ntagikore.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyerekeye ingamba zo kurwanya Covid-19 cyabaye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021, Minisitiri Gatabazi yasabye abaturarwanda batarikingiza kwikingiza mbere y’uko hajyaho ibwiriza ribasaba kuba bikingije kugira bemererwe kugera ahantu runaka, cyane ko Leta y’u Rwanda ifite inkingo.
Yagize ati: “Abanyarwanda babyumve, niba tuvuze ngo mu minsi iri imbere turavuga ngo umuntu kuza mu rusengero, kuza mu misa, agombe kuba akingiye. Kubera ko Leta yarangije kugaragaza ko ifite ubushobozi bwo gukingira abantu, mu mujyi wa Kigali bikaba byarakozwe, nta mpamvu itasaba ko urwo rukingo ruba ruje. Kubera ko wa muntu udakingiye uje gusenga…,uje mu bukwe, uje mu kazi mu biro ashobora kwanduza wa wundi ukingiye kandi ntabwo yabuze urukingo.”
Minisitiri Gatabazi yakomeje avuga ko ku bakozi ba Leta batarakingirwa mu nzego z’ibanze n’iz’ubuzima, Guverinoma yabahaye ibyumweru bibiri kugira ngo babe bikingije mbere yo gusubira mu kazi.
Yongeye asaba abantu by’umwihariko mu cyaro kwikingiza mu rwego rwo kurindana iki cyorezo. Ati: “Ni nayo mpamvu hirya no hino mu cyaro, dusabe abaturage kuko inkingo zihari, kugira ngo baze bikingize, ejo n’ejo bundi nitubabwira ngo mugomba kujya aha ngaha mwarikingije, bitazababera imbogamizi.
Uyu muyobozi kandi yavuze ko abatemera kwikingiza babifitiye uburenganzira ariko badafite ubwo kwanduza abandi, cyangwa se ubwo kwiyahura. Ati: “Umuntu afite uburenganzira bwo kutikingiza; ni uburenganzira bwe ariko ntabwo afite uburenganzira bwo kwanduza abandi. Ariko nta n’ubwo afite uburenganzira bwo kwiyahura kuko Leta ifite n’inshingano yo kurengera wa wundi washobora guhitamo icyamugirira nabi, Leta ikamugira inama yo kugira ngo wikingize, urengere abandi, nawe wirengere.”
Raporo yo kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021 ya Minisiteri y’Ubuzima n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, igaragaza ko abantu miliyoni 6.9 bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo rwa Covid-19, miliyoni 4.2 bamaze gufata zombi. Muri bo harimo 27,220 bamaze gufata doze ishimangira.


