Ntaho twajya, nibabanze bahagarike ubwicanyi bukorwa na Leta ya Nkurunziza- Impunzi z'Abarundi

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe Leta ya Tanzania ivuga ko nta mpunzi z’Abarundi igikeneye mu gihugu cyayo, zo zishimangira ko badashobora gutaha bitewe n’uko ngo icyo bahunze kitarakemuka. Bashimangira ko Leta y’u Burundi iyobowe na Perezida Nkurunziza ikora ubwicanyi.

Minisitiri w’Imbere mu Gihugu muri Tanzania, Kangi Lugola avuga ko icyo izi mpunzi zahunze ubu cyakemutse, ibi ntabwo abivugaho rumwe n’impunzi.

Aganira na BBC, yagize ati “Ntidushobora kwemerera Umurundi uwo ari we wese, gukomeza kuba muri Tanzania mu gihe ibyatumye tumwakira ntabikiriho”.

Abajijwe niba impunzi zaragishijwe inama kuri iki cyemezo, yasubije agira ati “Ntibikenewe ko impunzi zigishwa inama, nta mpunzi yaje muri Tanzania ku gushaka kwayo, yaje muri Tanzania kubera ingorane”.

Ku ruhande rw’impunzi, bavuga ko batataha, uyu uba mu nkambi ya Nduta utifuje ko amazina ye atangazwa, avuga ko umugambi wo kubacyura ku ngufu bawumvise nabo.

Ati “Ese bakoze iki nk’amahanga cyangwa nka Tanzania? Ese bakoze iki ngo ubutegetsi bwa Nkurunziza bureke gutoteza, kwica, gushimuta  abantu, bwacya hagatoragurwa imirambo?

Yakomeje avuga ‘Ntaho twajya, twakwemera tugapfira hano, nibadufashe kuko tumaze kubona ko Tanzania nta mpunzi y’umurundi igikeneye”.

Yakomeje avuga ko hakenewe kubanza guhagarika ubwicanyi avuga ko bukorwa na Leta ya Nkurunziza, impunzi zikabona gusubira mu gihugu.

HCR ikorera muri Tanzania, itangaza ko nta kindi yabikoraho uretse korohereza abashaka gutaha ku bushake bwabo, bagasubira mu Burundi. Umuvugizi wayo muri aka karere, Dana Hughes akaba asaba u Burundi na Tanzania kubahiriza ametegako mpuzamahanga agenga impunzi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *