Ntitugitera akabariro-Umuturage wimuwe na Rusizi

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu baturage bimutse bava mu Gatumba mu Burundi aho imyuzure ya Tanganyika n’umugezi wa Rusizi yabateye kuva mu byabo bavuga ko ubu batagikora imibonano mpuzabitsina bitewe n’uko bari mu tuzu duto cyane kandi twegeranye.

Aba bakuwe mu byabo ubu bari muri zone Maramvya yo muri komine Mutimbuzi mu Ntara ya Bujumbura, aho Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye yabasanze, akabaha imfashanyo y’iby’ibanze.

Abo bantu baba mu tuzu tw’uduhema duto, benshi muri bo bemeza ko tudashobora gukwira umuryango, abagabo bamwe bamwe ngo barara hanze kugira baharire abana n’abagore.

Umwe mu bagore ku ngingo yo gukora igikorwa cy’abashakanye, yabwiye BBC ati ” “Biragoye. Kubera utuzu twacu turegaranye rwose. Ntushobora kwisanzura nk’uko woba uri muhira. Uca uvuga uti tekana wihangane …tuzotaha mu hira.”

Aba kandi bagaragarije Pereizda Ndayishimiye ko abana babo batari kujya ku mashuri.

Perezida Ndayishimiye yababwiye ko abizi neza ko batakwemera kwimuka gusa abasaba kubaka inzu zishobora guhangana n’imyuzure.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *