Iminsi itanu irashize, Guverinoma ya Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23, bigizwemo uruhare na Qatar, bashyize umukono ku itangazo rihuriweho n’impande zombi ziyemeje “guharanira amahoro” hagamijwe guhagarika intambara burundu.
Nyuma y’iminsi ibiri, DRC n’u Rwanda byashyize umukono ku “Itangazo ry’amahame” i Washington, byemeranya kubahana mu bijyanye n’ubusugire bwa buri gihugu.
Nyamara, nubwo ibyo byemeranyijwe, imbunda ntiziraceceka muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, aho imirwano ikomeje, bityo bikaba bishobora kubangamira umuhate w’inzira za diplomasi.
Muri Kivu y’Amajyepfo, amakuru atangazwa na Radio Okapi avuga ko inyeshyamba za AFC / M23 zafashe Kaziba-centre muri Teritwari ya Walungu ku Cyumweru, nyuma y’imirwano yatangiye kuwa Gatandatu na Wazalendo ifatanije n’Ingabo za DRC (FARDC).
Uku gutera imbere kwabahaye kugera mu misozi miremire ya Minembwe, aho bivugwa ko hagotewe abarwayi ba Twirwaneho-Gumino na Android ubu nabo babarizwa mu Ihuriro AFC.
Imirwano ikaze kandi yabaye ku wa Gatandatu muri Irhambi-Katana hagati ya Wazalendo na AFC / M23.
Hagati aho, amakuru adafitiwe gihanya avuga ko inyeshyamba ziri gushimangira ibirindiro byazo muri Teritwari za Kabare na Kalehe.
Muri Kivu y’Amajyaruguru, inyeshyamba za M23 bivugwa ko zavuye mu birindiro byazo i Kibati zerekeza Walikale. Ku rundi ruhande, i Masisi, imirwano ikaze yabaye ku wa Gatanu yahuje abarwanyi ba M23 n’inyeshyamba za APCLS ahantu hatandukanye mu murenge wa Osso Banyungu.
Ababikurikiranira hafi bavuga ko kutizerana hagati y’impande zombi, ku ruhande rumwe, no kuba nta buryo bwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano hamwe n’imitwe myinshi yumva ibintu mu buryo butandukanye, bishobora guhungabanya ingufu za dipolomasi zikomeje gushyirwa mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byabaye karande muri RDC.


