Waba ukuze ugeze mu gihe cyo gushinga urugo, hari ibintu by’ingenzi ugomba kumenya ku mukobwa waba uri kurambagiza magingo aya, ni muri urwo rwego Bwiza.com twagerageje kubakusanyiriza zimwe mu ngeso zizakwereka umukobwa udashobora kubaka urugo ngo rugire aho rugera.
1. Ntahaga imibonano mpuzabitsina kandi ahorana udushya mu mibonano mpuzabitsina
Bigitangira biba ari sawa. Ariko niyo wagira ute uzasanga nyuma ubushake bwe utabushobora. Yifuza ko muryamana inshuro nyinshi ku munsi. Bene aba bakobwa barimo ibice bibiri; Abakunda kwiha akabyizi kenshi n’umuntu umwe, n’abakunda uwo murimo iyo bawukoranye n’abantu barenze umwe.
Uko biri kose bombi nta n’umwe wowe ubwawe musore/mugabo wabasha. Byanze bikunze azaguca inyuma .
2.Ukunda ibintu kurusha abantu
Uzabona inkumi nziza yambaye neza isa neza mbese yaka! Ariko ntuzahure n’ibyago byo gusanga ikunda cyane imirimbo ya zahabu na diyama, imyenda y’igiciro, imibavu y’imitaliyani iza n’indege, inkweto zitagurirwa Nyabugogo mbese akunda icyo bita ‘Luxe’.
Muri we burya nta mwanya w’urukundo kuri wowe urimo, ibyo yimariyemo ngibyo. Buri gihe azaba akubaza uko konti yawe ihagaze ngo yumve niba yabonamo ay’agasheneti kagezweho . Azi gusetsa cyane azi n’uburyo bwo kugukurura ukamuha icyo ashaka cyose.
3.Ukunda rwaserera
Ubundi uyu uzanasanga akunda film za actions, mu buzima uzasanga afitanye na benshi ibibazo bidashinga, ntaho agera ngo ahave amahoro, ahorana intonganya n’abantu asanze.
Ikindi uzasanga ari umuhanga mu kubara inkuru. Kuri we ubuzima bwe ni film kandi akaba ari we ‘type’ (acteur principale). Niba ukunda umutuzo wawe hunga mwihorere witereta bene uyu mukobwa.
4. Niwe utegeka
Uyu mukobwa akunda gutegeka ko ibintu bigenda uko ashaka. Numuha amahirwe yo kwinjira mu buzima bwawe azaguhindura irobo ‘Robot’. Umunsi wa mbere muzapanga gusangira azakubwira ahantu heza mwahurira, nuzuyaza akubwire ati “Ahubwo hansange niho njye ubu ngeze”.
Numukunda umenye ko ugiye gutakaza ubwigenge ku buzima bwawe. Azaba umugabo kuko nibyo akunda, no kuburiri bizagenda uko yabiteganyije, bene aba bakobwa iyo wamushyize mu rugo ukanyuranya n’ugushaka kwe ntatinya no kugukora munsi y’amatwi.
5. Ni Nyirabirori
Imibyizi na weekend kuri we birasa. Afite imyenda myinshi yo gusohokana kurusha iyo gukorana. Akurikirana akambaro kagezweho, akunda cyane kuba agaragara ko acyeye, ndetse iyo byanze arakwishotorera.Azi aho utbyiniro n’utubari dushya turi, hoteli zose azizi mu busa.
6. Ntajya akura mu mutwe
Imyaka arenda kuyingayinga nyirabukwe ariko imyifatire ni nk’umwana. Gufata inshingano, ibyemezo na gahunda ntabwo ari ibintu bimureba. Mu rukundo arahumye umujyana aho ushaka. Mu by’ukuri icyo uyu akeneye ni se si umugabo wo kumurongora.
Usanga ameze nk’ushaka gusingira ubwana bwe yenda igihe cyabwo yaragize bubi. Nushaka kumugira umugore ubwo uzamushakira n’umuganga wo mu mutwe uzajya unahemba agufashe kumukuza mu bwenge. Gusa ni ‘abana beza’ kandi banezerwa, ariko niba ushaka kubaka uyu murekere abubatse yenda!
7. Yasaritswe n’ifuhe
Abagore bose kuri we niba mukeba. Muri kugendana umukobwa mwiza atambutse iruhande rwanyu, ubwo hisha amaso niba udashaka ko agutuka akagukonkobora imbere ya rubanda. Buri kanya araguhamagara akubaza aho uri, niyumva ijwi ry’umugore inyuma yawe cyangwa hafi aho mu minota micye araba abagezeho aze yikiranure n’uwo mukeba.
Ikitwa Password (umubare w’ibanga) ukoresha byose arabishaka ngo utagira icyo umuhisha, arashaka kumenya abo muganira kuri Facebook, WhatsApp, Email kuri telephone nihagira igitsina gore kiguhamagara yumva, na we arashaka nimero y’uwo mukeba ataranamenya



22 Responses
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Ko mbona abakobwa bo mu Rwanda 90% barangwa nizi ngeso mbi.
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Ko mbona abakobwa bo mu Rwanda 90% barangwa nizi ngeso mbi.
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
bose nuko ntaho twahungira
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
bose nuko ntaho twahungira
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
ibi nibyo byuzuye mu ngo.
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
ibi nibyo byuzuye mu ngo.
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Bizagorana
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Bizagorana
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Uwange Niko ateye.
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Uwange Niko ateye.
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Abafite abakunzinkabo mwaragowe
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Uyu mwana w’umukobwa jye mbona ariwe unkwiye ahubwo icyibazo uwampa umurongo w’imibereho maze nkamubona ubundi nkamutetesha rigahoga!
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Uyu mwana w’umukobwa jye mbona ariwe unkwiye ahubwo icyibazo uwampa umurongo w’imibereho maze nkamubona ubundi nkamutetesha rigahoga!
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Abafite abakunzinkabo mwaragowe
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Kumenya password no kumenya inshuti z’umugabo we ark ndumva ntakibazo kibirimo pee aha birakabije yego ark rwose siko mbyumva
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Kumenya password no kumenya inshuti z’umugabo we ark ndumva ntakibazo kibirimo pee aha birakabije yego ark rwose siko mbyumva
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
UWOMUSOLE.WATELUYE UMUGENIWE.IGITSINAKIGAFATA UMULEGO MUTAMUSEKAPENTAWEBITABAHO
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
UWOMUSOLE.WATELUYE UMUGENIWE.IGITSINAKIGAFATA UMULEGO MUTAMUSEKAPENTAWEBITABAHO
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Niwe nifuza ajyanye nugushaka kwange
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Niwe nifuza ajyanye nugushaka kwange
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Ibyo nge byambayeho. Abatarashaka nibashishoze. Aho gushaka nabi ugasazana intimba wabireka. Iyo mpa agaciro amakuru nk’aya hakiri Kare simba mbayeho nabi nk’uko mbayeho. Abatarashaka ndabingize nimushishoze!!!!!!
Nurongora umukobwa ufite izi ngeso uzaba urigushije
Ibyo nge byambayeho. Abatarashaka nibashishoze. Aho gushaka nabi ugasazana intimba wabireka. Iyo mpa agaciro amakuru nk’aya hakiri Kare simba mbayeho nabi nk’uko mbayeho. Abatarashaka ndabingize nimushishoze!!!!!!