Nyagatare: Umukozi w’umurenge yasezeye nyuma yo gufatirwa mu kabari nyuma ya saa moya

Sangiza iyi nkuru

Nizeyimana Théobald wari umukozi ushinzwe uburezi mu murenge wa Musheri mu karere ka Nyagatare, yeguye ku mirimo ye nyuma y’umunsi umwe afatiwe mu kabari yasinze nyuma y’isaha ya saa moya.

Ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020 ni bwo uyu mukozi yagejeje ibaruwa y’ubwegure bwe ku biro by’akarere, akavuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

ku wa 28 Kanama 2020 Nizeyimana yari yafatiwe mu kabari yasinze yanarengeje isaha ya saa moya z’ijoro yo gutaha, bigakekwa ko ari yo ntandaro yo kugira ngo yegure, na cyane ko binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26 Kanama 2020, yashyizeho amabwiriza avuga ko saa moya z’ijoro abantu bose bagomba kuba bari mu ngo, ibirenze ibyo utubari twose tukaba tugomba gukomeza gufunga mu gihe kitazwi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian, yavuze ko icyemezo Nizeyimana yafashe cyo kwegura ku mirimo ye ari igikorwa cy’ubutwari ashima mu gihe uweguye yari atagishoboye kujyana n’abandi.

Ati: “Twabyakiriye neza kuko iyo umuntu atagishoboye kugendana n’abandi kandi koko binagaragara, gusezera ni ubutwari kuko akazi turimo karasaba kumva ibintu kimwe, imigambi twihaye tugomba kuyumva kimwe tukayisohoza kimwe”.

Ku bwa Mayor Mushabe, kuba Nizeyimana yaragiye mu kabari ari igikorwa kigayitse, kandi kidakwiye umuyobozi muri iki gihe, bijyanye n’uko uyu muyobozi ari mu bitabiriye inama yo kugena igikwiye gukorwa mu rwego rwo guhangana na Covid-19.

Ati: “Twakoze inama ijyanye no gutunganya gahunda zo kwirinda na we ayirimo, yarangiza aho kudufasha kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, ahubwo akaba ari we uyarengaho akajya mu kabari agasinda ari umukozi wa Leta wakabaye intangarugero birababaje”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian, yasabye abayobozi n’abaturage gufatanya kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, ngo kuko ubufatanye ari bwo buzatuma icyorezo cya Covid-19 gitsindwa.

Magingo aya haracyari benshi bakomeje kwinangira ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 bagafatirwa mu bikorwa bitemewe birimo n’utubari, ibiteye impungenge z’uko ingamba igihugu cyihaye mu guhangana na Covid-19 zitazagerwaho uko byitezwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *