Soeur Kamuzima Maciana uzwi ku izina rya Mama Madelena w’imyaka 83 wari umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Mutagatifu Faransisiko wa Asize rya Shangi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimirwa n’abaturage b’umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke n’abarenga 100 yarokoye bari bamuhungiyeho muri iri shuri yayoboraga.
Yashyikirijwe ishimwe yagenewe na Unit club intwararumuri iyoborwa na Madame Jeannette Kagame ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge.
Akarere ka Nyamasheke na ko kamushyikiriza inka y’ingororano kamugeneye, komiseri muri iyi komisiyo, Mukabizoza Théopiste akaba yavuze ko iri shimwe yarigenewe nk’umurinzi w’igihango muri 2016 akaba yarishyikirijwe muri uyu mwaka kuko ubwo bagenzi be bashyikirizwaga ayabo we yari hanze y’igihugu atabashije kuboneka.

Nk’uko byatangarijwe imbere y’imbaga y’abanyeshuri b’ishuri rya Mutagatifu Faransisiko wa Asize rya Shangi bagera kuri 630, abaturage n’abayobozi batandukanye barimo n’umuyobozi w’aka karere Kamari Aimé Fabien, ngo icyatumye uyu mubikira agirwa umurinzi w’igihango ku rwego rw’igihugu ni ibikorwa bikomeye by’ubutwari byamuranze mu gihe cya Jenoside bigatuma arokora abatutsi barenga 100 bari bamuhungiyeho kandi na we yarahigwaga.
Uyu mubikila ngo hari n’abo yahungishirizaga muri RDC,kandi ngo uko yahanganaga n’ibitero by’Interahamwe ni na ko yagemuriraga ibiryo abari mu kaga kuri paruwasi gatulika ya Shangi, inkomere akazoherereza imiti,izinaniranye akazohereza mu bitaro bya Bushenge.
Komiseri Renzaho Geovanie ati ’’Uretse abenshi yafashije guhunga bakarokoka n’abari bamuhungiyeho yabafashije kugera mu nkambi ya Nyarushishi akoresheje imodoka y’umuryango w’ababikira b’Abapenitente yayoboraga,na nyuma ya Jenoside agira uruhare mu gukiza no komora ibikomere mu buryo bw’ubujyanama abana b’imfubyi n’abaturanyi bari basigiwe n’ayo mateka mabi,arera imfubyi zose atarobanuye,azigisha umuco wo kubabarira no kwimakaza amahoro n’ibindi byinshi,ibi byose ntiwabikora udafite uwo mutima.’’
Tuyishime Valens wamaranye na we ukwezi kurenga babwiye Bwiza.com ko ibikorwa by’uyu mubikira byabaye ntagereranywa kuko yemeraga kwishora mu Nterahamwe zikomeye cyane zirimo iyitwa Yusufu Munyakazi yari imaze kuyogoza icyari Cyangugu yose n’iyari komini Rwamatamu ya Kibuye, n’indi Nterahamwe yitwaga Pima yari yayogoje agace ka komini Gafunzo aha Shangi, ntatinye ko na we zimwica akazibuza kwinjira mu kigo cye kuhica abatutsi na we arimo n’abo zakomerekeje akabarwanaho,bose akabafasha kurokoka atyo.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke,Kamari Aimé Fabien yavuze ko nk’akarere na bo basanze bakwiye kumuha inka y’ingororano ku bw’ubu butwari yagize bwatumye aba rukumbi muri aka karere uri kuri uru rwego kugeza ubu,bigakorerwa imbere y’imbaga irimo n’abanyeshuri baharererwa kugira ngo bihe isomo n’abakiri bato,ko ineza idahera,ko azahora ashimirwa ibikorwa byose yakoreye abanyarwanda.
Uretse iyi nka y’ingororano yahawe n’akarere,ishimwe yashyikirijwe rigizwe n’umudari n’icyemezo cy’ishimwe, abanyeshuri b’iri shuri kimwe na mugenzi we w’umubikira babanye kuva mu myaka ya za 1950,Soeur Agathe Kantarama bakaba bavuze ko bazakomeza kumwgiraho ibikorwa by’urukundo nk’ibi birenga imitekerereze ya kimuntu, Soeur Kamuzima na we avuga ko yabitewe n’umutima w’urukundo yarazwe n’abo akomokaho,asaba abakiri bato kwirinda guhemuka,bakagirira bose neza badategereje igihembo kuko na we yemeye kwitanga atyo nta wakimwijeje.





