Kuri uyu wa 11 Mata 2022, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yifatanyije n’abatuye mu Murenge wa Kanyinya, mu Karere ka Nyarugenge mu kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho babanje gushyira indabo mu mugezi wa Nyabarongo/mu Nzove aharoshywe Abatutsi batagira ingano.

Uhagarariye Ibuka mu Kagari ka Nyamweru mu Murenge wa Kanyinya yagaragaje ko Abatutsi bicwaga bagahita barohwa muri Nyabarongo akaba ariyo mpamvu muri Kanyinya nta byobo byinshi byakuwemo imibiri ngo ishyingurwe mu cyubahiro nk’ahandi.

Basuye kandi ku musozi wo mu Kana ahiciwe Abatutsi benshi nyuma yo gukoreshwa inzira y’Umusaraba bavanwa ahahoze ari ibiro bya Secteur Kanyinya bari bahahungiye baziko bari butabarwe bavuye i Jali, Shyorongi ariko birangira biciwe kuri uyu Musozi.

Mu rugo rwa Mukarumanzi hiciwe abari bahahungiye
Abari mu bikorwa byo kwibuka banageze mu rugo rwa Nyakwigendera Mukarumanzi ahiciwe Abatutsi banabatwikira aha muri uru rugo, abari bahahungiye bari baturutse Shyorongi, Rutonde, Jali; bari bahahungiye bizeye ko bazahabona ubuhungiro kuberako bahasengeraga ariko bicwa urwagashinyaguro baratwikwa.


