Nyarugusu: Impunzi z’Abarundi zisaga 10 zifunze zizira gusohoka mu nkambi

Sangiza iyi nkuru

Impunzi z’Abarundi 11 zibarizwa mu Nkambi ya Nyarugusu muri Tanzania, abagore umunani n’abagabo batatu zifungiwe muri kasho ya polisi kuva kuwa Gatanu ushize zizira gusohoka inkambi zitabiherewe uburenganzira, aho bagenzi bazo bavuga ko ifungwa ryabo rinyuranyije n’amategeko kandi riri mu mugambi wo kubahatira gutaha iwabo ku ngufu.

Igipolisi cya Tanzania cyataye muri yombi zi mpunzi ubwo zari zirimo gutaha ziturutse mu Gasantere k’Ubucuruzi ka Makele gaherereye mu birometero bikeya uvuye mu Nkambi ya Nyarugusu nk’uko amakuru agera kuri SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru avuga.

Zimwe mu mpunzi zigira ziti “ Bafungiye muri zone ya 7. Mu bagore bafunze, harimo abonsa. Byadusabye gukora imishyikirano amasaha menshi ngo polisi yemere ko abana babonana na ba nyina ngo babonse kuri uyu wa Gatandatu. Ntabwo ari ibya kimuntu ibyo igipolisi cya Tanzania kidukorera.”

Impunzi zo muri iyi nkambi zivuga ko ibi ari ukubqngamira uburenganzira bwazo bwo kwidegembya, aho zivuga ko kuva mu Ukwakira umwaka ushize ubuyobozi bw’Inkambi ya Nyarugusu bwabujije gusohoka mu nkambi kwose.

Ibi ariko impunzi zibifata nk’uburyo bwo gutuma ubuzima burushaho kuzikomerera kugirango zisigare nta yandi mahitamo zifite usibye gutaha iwabo mu Burundi. Zivuga ko ubusanzwe zisohoka mu nkambi zigiye gushakisha andi mafaranga yazifasha kongera ibyo kurya zihabwa na HCR zivuga ko bidahagije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *