Ku wa Gatatu w’iki cyumweru nibwo Real Madrid yanyagije imvura y’ibitego ikipe ya Celta Vigo (4-1), harimo ibitego 2 bya rutahizamu wayo, Ronaldo Cristiano ubu unahigira gutsina Malaga.
Ronaldo avuga ko umukino bazakina n’ikipe ya Malaga , bawiteguye neza nubwo bwose bazi ko ari ikipe ikunze kwihagararaho ku kibuga cyayo.
Ronaldo aragira ati: “Tuzi neza ko Malaga ari ikipe yihagararaho iwayo, ariko tugomba kwihagararaho twe ubwacu tukajya hariya tugiye gutahukana intsinzi”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Intego y’uyu musore ni ukwereka iyi kipe ko Real Madrid ari ikipe ikomeye, ati: “Malaga ni ikipe nziza, na twe turi Real Madrid, tugomba kuyereka ko dushoboye kandi dushaka kwegukana igikombe”.
Ronaldo arashima umutoza Zinedine Zidane ko uyu mwaka yabateguye neza ubu bakaba bahagaze neza, ati: “dufite ikipe nziza kandi y’abato, ifite abakinnyi b’inararibonye, twiteguye ko umukino wo ku cyumweru tugomba gutahana intsinzi ndetse tukazanegukana igikombe”.
Celta Vigo Vs Real Madrid, ni umukino wa La Liga uteganyijwe kuri iki cyumweru tariki ya 21 Gicurasi 2017, ku isaha ya saa mbiri i La Rosaleda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Kamikazi Gentille/Bwiza.com


