Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, yirukanye mu buryo butunguranye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga, Mayiik Ayii Deng, mu ivugurura ritari ryitezwe .
Deng yakuwe ku nshingano ze mu iteka rya perezida ryo ku gicamunsi cyo kuri uyu Gatatu ushize ryanyuze kuri televiziyo ya Leta ya Sudani y’Epfo (South Sudan Broadcasting Corporation (SSBC).
Nta mpamvu yatanzwe yo kwirukanwa nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, Anadolu Agency, ikomeza ivuga.
Perezida Kiir ntabwo yavuze izina ry’umusimbura ariko yategetse Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije Deng Dau gukora nka minisitiri kugeza igihe hazashyirwaho undi.
Mayiik Ayii Deng yashyizweho muri Nzeri 2021 nka minisitiri w’ububanyi n’amahanga, asimbuye Beatrice Khamisa Wani.
Muri uku kwezi, Kiir yirukanye abaminisitiri batatu b’igihugu. Mu cyumweru gishize, yirukanye Angelina Teny wari Minisitiri w’ingabo, akaba n’umugore wa mukeba we muri politiki, Riek Machar, ndetse na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Mahmoud Solomon.



One Response
Nyuma yo kwirukana minisitiri w’ingabo Perezida Salva Kiir yirukanye na minisitiri w’ububanyi n’amahanga
I’m excited to find this website. I wanted to thank you for your time due to this wonderful read!!
I definitely savored every part of it and I have you saved as
a favorite to look at new stuff in your blog.
Also visit my web-site – công ty xây d?ng b?o l?c