Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma agiye gukurikiranwa n’inkiko

Sangiza iyi nkuru

Jacob Zuma, wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo agiye gukurikiranwa ku byaha bya ruswa ashinjwa bijyanye na miliyari 30 z’Ama Rand mu masezerano  yo kuvugurura ubwirinzi bw’igihugu yerekeye ibirwanisho yagiranye n’abanyamahanga mu mpera za 90.
Ibyaha  Jacob Zuma ashinjwa ariko ahakana bikaba birimo ibya forode, gukorera amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’iby’iyezandonke.
Jacob Zuma w’imyaka 75, yahatiwe kuva ku butegetsi mu kwezi gushize n’ishyaka rye, ANC.
Umushinjacyaha mukuru, Shaun Abraham mu itangazo yashyize ahagaragara akaba yatangaje ko Zuma agomba gukurikiranwa ku byaha bya ruswa.
Ikigo gicura intwaro cy’Abafaransa, THALES, nacyo kizaregwa nk’uko uyu mushinjacyaha avuga. Iki kigo kikaba cyanze kugira icyo gitangariza AFP kuri aya makuru y’ibikorwa bya ruswa kivugwaho.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *