OMS iratangaza ko habonetse urukingo rwa Ebola

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima,OMS, riratangaza ko urukingo rwa Ebola byagaragajwe ko rufite ubushobozi bwo gukingira ubwoko bumwe muri 2 za ebola. Uru rukingo rwakozwe n’ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Merck rwageragerejwe muri Guinea, kimwe mu bihugu bitatu byibasiwe cyane n’iki cyorezo.

Umuyobozi mukuru muri OMS ushinzwe ubuzima n’udushya, Marie-Paule Kieny, yatangaje ko kuri uru rwego bizeye ko bagiye guhangana n’iyaduka rishya rya Ebola yo mu bwoko bwa Zaire-strain, kubera ko ubu hari ubwoko bubiri bwa Ebola buri kuzenguruka ubundi akaba ari ubwitwa Sudani. Yavuze ko kuri ubu bwoko bwa Sudani hakenewe gukora urukingo rumeze nk’u rwa mbere, ariko ko ubu bafite ubushobozi bwo gukumira ebola yo mu bwoko bwa Zaire gusa.

Iyi nkuru dukesha Africanews iravuga ko uru rukingo rwageragerejwe ku bantu 5,000 bose kandi nyuma y’iminsi 10 bapimwe bagasanga ari bazima. Nubwo byatangajwe ariko, hasigaye ko uru rukingo rwemezwa ku mugaragaro rukaba ruzajya ku isoko mu mwaka wa 2018.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

OMS ivuga ko uwakoze uru rukingo, Merck, ari gutegura dosiye izatuma uru rukingo rwandikwa kubera ko ngo OMS yo icyo ikeneye ari urukingo rushobora gukoreshwa hatabayeho kurugerageza cyangwa kongera kurwigaho. Biteganyijwe rero ko iyo dosiye nimara kuzuzwa izagezwa ku kigo cy’ubuzima cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FDA) no mu Burayi mu kigo cy’imiti kizwi nka Europian Medicines Agency mu 2017, urukingo rwamara kwemezwa bidasubirwaho rukazajya ahagaragara mu 2018.

Icyorezo cya Ebola ubusanzwe cyandura iyo amaraso kirimo ahuye n’andi, kimaze guhitana abantu 11,300 mu burengerazuba bwa Afurika kuva mu 2013, mu gihe abasaga 10,000 bakirokotse.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *