18436963494e54ae6cfee633b96d529d44b3e4f0.jpg

Palestina: Umudepite wari umaze imyaka 2 afunzwe na Israel yarekuwe aruhukira ku irimbi

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitikikazi, wari umuyobozi wa Sosiyete Sivile ndetse wanabarizwaga mu Nama Nshingamategeko ya Palestina (Palestinian Legislative Council), Khalida Jarrar, wari umaze imyaka ibiri afunzwe na Israel yarekuwe aruhukira ku irimbi ahashyinguye umukobwa we atabashije gushyingura.

Abayobozi ba Israel barekuye Jarrar w’imyaka 58 kuri iki Cyumweru nyuma ya saa sita bamunyuza kuri bariyeri yo mu burengerazuba bw’Umujyi wa Jenin asubira iwabo.

Iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga ko Igisirikare cya Israel cyataye muri yombi Jarrar kimukuye iwe muri Ramallah ku itariki 31 Ukwakira 2019, nyuma y’amezi umunani nabwo arekuwe yari amaze amezi 20 afungiye mu nyubako y’ubuyobozi nta rubanza nta kirego azi ashinjwa.

Muri Nyakanga, umwe mu bakobwa be babiri w’imyaka 31 witwa Suha, yapfiriye muri Ramallah azize uburwayi bituma Israel yotswa igitutu isabwa kurekura Jarrar ngo ajye gushyingura umukobwa we ariko Israel irabyanga.

18436963494e54ae6cfee633b96d529d44b3e4f0.jpg

Nyuma yo kurekurwa, Jarrar akaba yaruhukiye ku mva y’umukobwa we iri mu irimbi rya Ramallah.

Abayobozi batandukanye bo mu ishyaka riharanira kubohora Palestina (PFLP), Guverineri wa Ramallah, Qadura Faris n’uw’Umujyi wa al-Bireh, Leila Ghannam n’abanyamakuru batandukanye bo muri Palestina, bari kuri iri rimbi ubwo Jarrar yahageraga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *