Paris: Ibirori by’Umunsi w’Ubwigenge byasojwe no guhangana hagati ya polisi n’abigaragambya

Sangiza iyi nkuru

Ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Ubwigenge mu Bufaransa bizwi nka Bastille Day, kuri iki Cyumweru, itariki 14 Nyakanga, I Paris byasojwe no guhangana hagati y’igipolisi n’abigaragambya (bafitanye isano n’aba Gilets jaunes), aho abagera mu 170 batawe muri yombi nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi.

813ac0e9b9b9bcdc435ea363030f3bfd968996c2f4556ef064d6c487abafbf73

Abayobozi mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi nka Chancelliere w’u Budage, Angela Melker na Minisitiri w’Intebe w’u Buholandi, Mark Rutte, ni bamwe mu bifanyije na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mu gukurikirana akarasisi ka gisirikare ngarukamwaka. Hari kandi abahagarariye igisirikare cy’ibindi bihugu 9 byo mu Burayi.

602x338 cmsv2 64af96e1 9283 5845 8d4c 521c37ec755e 4018018

Ibyo birori ariko nk’uko tubikesha RFI, byaje kuzamo guhangana ku ngoro y’umukuru w’igihugu, Champs-Elysées, nyuma y’akarasisi ngarukamwaka kakozwe, byibutsa imyigaragambyo y’ab’udukoti tw’umuhondo (Gilets jaunes) yamaze amezi arindwi.

3066

Igipolisi kitabaje ibyuka biryana mu maso mu kuvana abigaragambya mu nzira, mu gihe bo bashwanyuzaga bariyeri z’umutekano ari nako batwika imyanda n’ubwiherero ngendanwa.

602x338 cmsv2 64af96e1 9283 5845 8d4c 521c37ec755e 4018018

Biravugwa ko akarasisi ubwako kagenze neza, aho ibihumbi 4,300 by’abashinzwe umutekano byagakoreye ku muhanda ukikije Champs-Elysées. Ni akarasisi kabaye umuco kuko katangiye gukoreshwa nyuma y’intambara ya Mbere y’Isi.

190714a

1 574ecuKY ppwK M 3NLqQ

2018 07 14t082920z 1905608010 rc142b3cfaf0 rtrmadp 3 france nationalday parade

Ariko, mu modoka ya gisirikare idafite igisenge, ari kumwe na Gen Franà§ois Lecointre, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa, Perezida Emmanuel Macron yakirijwe ibitutsi n’aba Gilets jaunes.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *